Nyarugenge: Umukobwa ushinjwa gucuruza urumogi yafashwe

Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere hafungiye umukobwa witwa Iradukunda Louise w’imyaka 25 y’amavuko, akaba yarafashwe ku wa Mbere tariki ya 11/08/2025 ahagana saa munani z’amanywa biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi.

Abapolisi bageze mu rugo rwa Iradukunda bamusatse bamusangana ikiro(kg) kimwe n’udupfunyika 180 by’urumogi, aho ngo yaruhishaga mu mucanga urunze mu nzu ye mu mudugudu wa Rushubi, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Mageragere w’Akarere ka Nyarugenge.

Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa Kigali ivuga ko Iradukunda akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi, kuko umugabo we na we yafashwe arucuruza, ubu akaba ufungiwe icyo cyaha.

Polisi y’ u Rwanda ifatanije n’izindi nzego hamwe n’abaturage, ivuga ko itazadohoka ku bikorwa byo kurwanya abanywa n’abacuruza ibiyobyange, kuko bigira ingaruka mbi ku baturage no ku muryanngo nyarwanda muri rusange.

Polisi ikaba igira inama abanywa ibiyobyabwenge kubireka, ndetse n’ababicuruza ko amayeri bakoresha yamenyekanye.
.
Polisi kandi ishimira abaturage uruhare bakomeje kugira mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa, kikaba ndetse ngo ari ikimenyetso cy’imikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n’abaturage.

Itangazo Polisi yatanze rigira riti “Turabashimira ariko twibutsa n’abandi gutangira amakuru ku gihe, tugire Igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.”

Ingingo ya 263 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihabijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30 ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Related Posts

Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

Read more

Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

Read more

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Ntibigucike

Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya