Nyarugenge: Umukobwa ushinjwa gucuruza urumogi yafashwe

Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere hafungiye umukobwa witwa Iradukunda Louise w’imyaka 25 y’amavuko, akaba yarafashwe ku wa Mbere tariki ya 11/08/2025 ahagana saa munani z’amanywa biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko acuruza urumogi.

Abapolisi bageze mu rugo rwa Iradukunda bamusatse bamusangana ikiro(kg) kimwe n’udupfunyika 180 by’urumogi, aho ngo yaruhishaga mu mucanga urunze mu nzu ye mu mudugudu wa Rushubi, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Mageragere w’Akarere ka Nyarugenge.

Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa Kigali ivuga ko Iradukunda akimara gufatwa yatangaje ko ibikorwa byo gucuruza urumogi abimazemo iminsi, kuko umugabo we na we yafashwe arucuruza, ubu akaba ufungiwe icyo cyaha.

Polisi y’ u Rwanda ifatanije n’izindi nzego hamwe n’abaturage, ivuga ko itazadohoka ku bikorwa byo kurwanya abanywa n’abacuruza ibiyobyange, kuko bigira ingaruka mbi ku baturage no ku muryanngo nyarwanda muri rusange.

Polisi ikaba igira inama abanywa ibiyobyabwenge kubireka, ndetse n’ababicuruza ko amayeri bakoresha yamenyekanye.
.
Polisi kandi ishimira abaturage uruhare bakomeje kugira mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutuma ababicuruza bafatwa, kikaba ndetse ngo ari ikimenyetso cy’imikoranire myiza ikomeje kuranga Polisi n’abaturage.

Itangazo Polisi yatanze rigira riti “Turabashimira ariko twibutsa n’abandi gutangira amakuru ku gihe, tugire Igihugu kitarangwamo ibiyobyabwenge.”

Ingingo ya 263 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihabijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30 ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi