Kigali: Nyampeta yagiye gufata moto ye yibwe afatanwa urumogi

Polisi y’Igihugu ivuga ko hari uwitwa Nyampeta Gaspard w’imyaka 30 y’amavuko ufungiwe kuri Sitasiyo ya Kigarama mu Karere ka Kicukiro, nyuma yo kuhagera agiye gufata moto ye yari yibwe ariko agafatanwa udupfunyika (boules) 2 tw’ikiyobyabwenge cy’urumogi.

Polisi ivuga ko abaturage bo mu Mudugudu wa Karuyenzi, Akagari ka Nyarurama, Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro bayihamagaye bavuga ko babonye moto yibwe, haza gufatwa uwitwa Maniriho Saleh w’imyaka 25 y’amavuko, akaba ashinjwa kuyivana aho yari yayiparitse.

Ubutumwa Kigali Info yahawe na Polisi bugira buti “Taliki ya 11/08/2025, saa 05h00, abaturage bahamagaye Polisi ko hari moto yibwe, abapolisi bahise batangira ibikorwa byo gushakisha iyo moto ndetse no gufata uwayibye, hafatwa Maniriho Saleh, akaba yarayibye uwitwa Gaspard(Nyampeta) ayikuye aho yari iparitse.”

Polisi ivuga ko ubwo Nyampeta yari aje kuri station ya Polisi ya Kigarama gufata moto ye, yafatanywe boules 2 z’urumogi. Uwibye moto na nyirayo bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Kigarama, aho barimo gukurikiranwa n’amategeko.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye