Kigali: Nyampeta yagiye gufata moto ye yibwe afatanwa urumogi

Polisi y’Igihugu ivuga ko hari uwitwa Nyampeta Gaspard w’imyaka 30 y’amavuko ufungiwe kuri Sitasiyo ya Kigarama mu Karere ka Kicukiro, nyuma yo kuhagera agiye gufata moto ye yari yibwe ariko agafatanwa udupfunyika (boules) 2 tw’ikiyobyabwenge cy’urumogi.

Polisi ivuga ko abaturage bo mu Mudugudu wa Karuyenzi, Akagari ka Nyarurama, Umurenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro bayihamagaye bavuga ko babonye moto yibwe, haza gufatwa uwitwa Maniriho Saleh w’imyaka 25 y’amavuko, akaba ashinjwa kuyivana aho yari yayiparitse.

Ubutumwa Kigali Info yahawe na Polisi bugira buti “Taliki ya 11/08/2025, saa 05h00, abaturage bahamagaye Polisi ko hari moto yibwe, abapolisi bahise batangira ibikorwa byo gushakisha iyo moto ndetse no gufata uwayibye, hafatwa Maniriho Saleh, akaba yarayibye uwitwa Gaspard(Nyampeta) ayikuye aho yari iparitse.”

Polisi ivuga ko ubwo Nyampeta yari aje kuri station ya Polisi ya Kigarama gufata moto ye, yafatanywe boules 2 z’urumogi. Uwibye moto na nyirayo bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Kigarama, aho barimo gukurikiranwa n’amategeko.

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya