Kigali: Ngirinshuti na Ndindirimana barafunzwe bazira urumogi

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwe (ANU) rikorera mu mu Mujyi wa Kigali, rivuga ko ryataye muri yombi uwitwa Ngirinshuti Azalias w’imyaka 22 and Ndindirimana Emmanuel w’imyaka 38, bakaba ngo bafatanywe ibiro 31 by’urumogi.

Aba bagabo babiri bashinjwa kuba batwaye urumogi kuri moto ifite purake RC660Z, bafatiwe mu Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza.

Polisi ivuga ko ‎bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.


‎Bakimara gufatwa batangaje ko urumogi barukuye mu Karere ka Kirehe, aho ngo rwinjiriye ruvuye mu gihugu cya Tanzaniya, bakaba bari barutwaye mu Karere ka Muhanga aho bari barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara, yabemereye ibihembo.

‎Ndindiriyimana ni we ny’iri moto, akaba ashinjwa kuyikoresha kenshi mu gutwara ikiyobyabwenge cy’urumogi, akavuga ko urwo yafatanywe iyo arugezayo yari guhembwa ibihumbi 150, na ho Ngirinshuti wapakiye umufuka warwo kuri moto we akaba yari buhembwe ibihumbi 50.

Polisi ivuga ko a‎bafatanywe urumogi bakorewe dosiye kugira ngo bashyikirizwe Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, kandi ko ibikorwa byo gufata abo bakoranaga na byo byatangiye.

Polisi yaburiye abishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kibireka, kuko ngo amayeri yose bakoresha yamenyekanye.

‎Itangazo rya Polisi rikomeza rigira riti “‎Tuributsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutahura no kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge, dutangira amakuru ku gihe , dukumira icyaha kitaraba.”

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge