Kigali: Ngirinshuti na Ndindirimana barafunzwe bazira urumogi

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwe (ANU) rikorera mu mu Mujyi wa Kigali, rivuga ko ryataye muri yombi uwitwa Ngirinshuti Azalias w’imyaka 22 and Ndindirimana Emmanuel w’imyaka 38, bakaba ngo bafatanywe ibiro 31 by’urumogi.

Aba bagabo babiri bashinjwa kuba batwaye urumogi kuri moto ifite purake RC660Z, bafatiwe mu Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza.

Polisi ivuga ko ‎bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.


‎Bakimara gufatwa batangaje ko urumogi barukuye mu Karere ka Kirehe, aho ngo rwinjiriye ruvuye mu gihugu cya Tanzaniya, bakaba bari barutwaye mu Karere ka Muhanga aho bari barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara, yabemereye ibihembo.

‎Ndindiriyimana ni we ny’iri moto, akaba ashinjwa kuyikoresha kenshi mu gutwara ikiyobyabwenge cy’urumogi, akavuga ko urwo yafatanywe iyo arugezayo yari guhembwa ibihumbi 150, na ho Ngirinshuti wapakiye umufuka warwo kuri moto we akaba yari buhembwe ibihumbi 50.

Polisi ivuga ko a‎bafatanywe urumogi bakorewe dosiye kugira ngo bashyikirizwe Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, kandi ko ibikorwa byo gufata abo bakoranaga na byo byatangiye.

Polisi yaburiye abishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kibireka, kuko ngo amayeri yose bakoresha yamenyekanye.

‎Itangazo rya Polisi rikomeza rigira riti “‎Tuributsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutahura no kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge, dutangira amakuru ku gihe , dukumira icyaha kitaraba.”

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya