Kigali: Ngirinshuti na Ndindirimana barafunzwe bazira urumogi

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwe (ANU) rikorera mu mu Mujyi wa Kigali, rivuga ko ryataye muri yombi uwitwa Ngirinshuti Azalias w’imyaka 22 and Ndindirimana Emmanuel w’imyaka 38, bakaba ngo bafatanywe ibiro 31 by’urumogi.

Aba bagabo babiri bashinjwa kuba batwaye urumogi kuri moto ifite purake RC660Z, bafatiwe mu Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza.

Polisi ivuga ko ‎bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.


‎Bakimara gufatwa batangaje ko urumogi barukuye mu Karere ka Kirehe, aho ngo rwinjiriye ruvuye mu gihugu cya Tanzaniya, bakaba bari barutwaye mu Karere ka Muhanga aho bari barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara, yabemereye ibihembo.

‎Ndindiriyimana ni we ny’iri moto, akaba ashinjwa kuyikoresha kenshi mu gutwara ikiyobyabwenge cy’urumogi, akavuga ko urwo yafatanywe iyo arugezayo yari guhembwa ibihumbi 150, na ho Ngirinshuti wapakiye umufuka warwo kuri moto we akaba yari buhembwe ibihumbi 50.

Polisi ivuga ko a‎bafatanywe urumogi bakorewe dosiye kugira ngo bashyikirizwe Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, kandi ko ibikorwa byo gufata abo bakoranaga na byo byatangiye.

Polisi yaburiye abishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kibireka, kuko ngo amayeri yose bakoresha yamenyekanye.

‎Itangazo rya Polisi rikomeza rigira riti “‎Tuributsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutahura no kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge, dutangira amakuru ku gihe , dukumira icyaha kitaraba.”

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”