Amerika ngo yaba yatumuye umwotsi gusa mu kurasa Iran

Igisirikare cya Iran kivuga ko Amerika, Inshuti ya Israel yibeshye ko yarashe intwaro kirimbuzi za Iran mu duce dutatu tw’ahitwa Natanz, Isfahan na Fordow, nyamara ngo bari baramaze kuzihungisha.

Umuriro w’iturika ry’uganda rwa Nikleyeri muri Iran ariko yo ikabihakana

Itangazo igisirikare cya Iran cyashyize ku mbuga nkoranyambaga rigira riti “Umwanzi yibwiye ko yangije inganda zitungaya ingufu za nikleyeri, ariko twari twaravumbuye amayeri ye kuva mu kwezi kwa Werurwe.”

“Twari twarimuriye ibikoresho by’ingenzi ahantu hari umutekano, ku buryo ubutare bwa uranium bwose tukibufite, umwanzi arimo gutumura umwotsi gusa.”

Iryo tangazo rikomeza rigira riti”Iyi ntambara ntabwo idutunguye, yari yarateguwe kuva kera kandi natwe tuzatanga Igisubizo kizibukwa mu mateka, twamaze gutyaza inkota zacu, ubu rero igihe cyageze cyo kujya kuyisogotesha umuhigo.”

Indege za B2 Bombers za USA zivugwaho kuba zarashe ingufu za nikleyeri za Iran

Umuryango BRICS uhanganye na OTAN ya Amerika n’u Burayi, ukaba waratangijwe n’u Burusiya, u Bushinwa, u Buhinde, Afurika y’Epfo na Brazil, ariko na Iran ikaba iherutse kuwinjiramo, uvuga ko Abanyamerika n’igisirikare cyabo gikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (Akarere Iran iherereyemo) ari bo bahindutse umuhigo.

Nyamara Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko nyuma yo kuburizamo umugambi wa Iran wo gukora intwaro za nucléaire, nta gahunda yo gukomeza intambara kuko n’indege zitwa B2 Bombers zarashe ku nganda za nikleyeri muri Iran zahise zisubira muri Amerika.

Trump avuga ko ibitero byagabwe ku nganda za Iran za Isfahan, Fordow na Natanz byageze ku ntego, igisigaye akaba ari uko abayobozi ba Iran bemera kuyoboka inzira y’amahoro, ariko bakwanga bakongera kuraswa.

Ibisasu Iran iri kwerekana izakomeza gutera Israel

Ibi ariko ntabwo birimo gukanga Iran kuko irimo kwerekana ibisasu binini cyane byo mu bwoko bwa Missile bigomba gukomeza kuraswa muri Israel no ku ngabo za Amerika aho zaba ziri hose.

 

 

 

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya