Intambara mu Karere k’ibiyaga bigari zirarangiye-USA

Isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya Congo n’u Rwanda hari abakomeje kuvuga ko ari inyandiko gusa, abandi barimo uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila, bati “Ni amasezerano y’ubucuruzi gusa, ibindi byose ni propaganda za politiki.”

Ibi ariko Leta zunze Ubumwe za Amerika si ko zibibona, aho zivuga ko uruhande rutazayubahiriza rugomba guhura n’ibihano bikarishye.

Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, akaba ari na we wahagarariye ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga ba DR Congo n’u Rwanda mu gusinya ayo masezerano, yavuze ko intambara zari zimaze imyaka 30 muri aka Karere k’ibiyaga bigari zirangiye.

Ati “Hashingiwe ku buyobozi bukomeye bwa Donald Trump, USA zahuje impande bireba mu gushyira umukono kuri aya masezerano, kandi twiyemeje gukomeza gufasha ishyirwa mu bikorwa ryayo mu buryo bwuzuye.”

Ni amasezerano ku ruhande rwa Congo n’u Rwanda ateganya ko ubusugire n’imipaka bya Congo byubahirizwa, ingabo z’amahanga ziri ku butaka bw’icyo gihugu mu buryo butemewe na Leta harimo n’Umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda bigomba kuvayo.

Aya masezerano kandi atagenya ko impunzi zavuye mu byabo muri Congo zigomba gutahuka mu bice zahozemo.

Ku ruhande rwa Leta zunze Ubumwe za Amerika harimo inyungu nyinshi zishingiye ku kuba icyo gihugu cyaragiranye amasezerano na Congo, agamije gucukura amabuye y’agaciro, ariko no ku ruhande rw’u Rwanda akaba ari amasezerano azana abashoramari b’Abanyamerika muri iki gihugu.

 

 

 

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge