Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique ryatsinze amatora ku bwiganze

Daniel Chapo ni Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1975

Inkuru ya BBC ivuga y’uko Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique, FRELIMO, ryatsinze amatora atavugwaho rumwe yaranzwemo urugomo, rikaba rigiye kongera igihe cy’imyaka 49 rimaze ku butegetsi muri iki gihugu cyo muri Afurika y’amajyepfo, nkuko ibyavuye mu matora byatangajwe bibigaragaza.

Daniel Chapo, umukandida perezida wa FRELIMO muri rusange utari uzwi, ubonwa nk’uw’impinduka, azasimbura Filipe Nyusi, urangije manda ebyiri.

Chapo, w’imyaka 47, wabonye amajwi 71%, azaba Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge kuri Portugali mu mwaka wa 1975.

Uwamukurikiye bya hafi mu bo bari bahatanye ni Venancio Mondlane, wabonye amajwi 20%.

Mu ijambo rye nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora, Chapo yagize ati: “Twaracecetse muri iki gihe cyose, ku bwo kubaha amategeko. Turi ishyaka rikorera kuri gahunda ritegura intsinzi zaryo.”

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, habaye imyigaragambyo irimo urugomo mu mijyi myinshi, ndetse hari abantu bishwe. Abapolisi benshi bagabwe mu duce tumwe na tumwe.

Aya matora yaranzwemo ibirego by’uburiganya n’iyicwa ry’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bituma habaho imyigaragambyo mu bice bitandukanye by’igihugu.

n’abapolisi barasaga amasasu nyamasasu n’imyuka iryana mu maso ku bigaragambya.

Aya matora yananenzwe n’indorerezi z’amatora zo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), zavuze ko bimwe mu byavuye mu matora byahinduwe.

Zavuze ko habayeho “inenge mu kubara [amajwi] ndetse n’ihindurwa ridafite ishingiro ry’ibyavuye mu matora”.

Umusesenguzi kuri politike Adriano Nuvunga yamaganye icyo yise uruhererekane rw’amatora abamo uburiganya muri Mozambique.

Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko akanama k’amatora kanze kugira icyo kavuga ku birego by’uburiganya mu majwi.

Biteganyijwe ko Chapo arahira muri Mutarama umwaka utaha.

Julien B.

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya