Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique ryatsinze amatora ku bwiganze

Daniel Chapo ni Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1975

Inkuru ya BBC ivuga y’uko Ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique, FRELIMO, ryatsinze amatora atavugwaho rumwe yaranzwemo urugomo, rikaba rigiye kongera igihe cy’imyaka 49 rimaze ku butegetsi muri iki gihugu cyo muri Afurika y’amajyepfo, nkuko ibyavuye mu matora byatangajwe bibigaragaza.

Daniel Chapo, umukandida perezida wa FRELIMO muri rusange utari uzwi, ubonwa nk’uw’impinduka, azasimbura Filipe Nyusi, urangije manda ebyiri.

Chapo, w’imyaka 47, wabonye amajwi 71%, azaba Perezida wa mbere wavutse nyuma yuko Mozambique ibonye ubwigenge kuri Portugali mu mwaka wa 1975.

Uwamukurikiye bya hafi mu bo bari bahatanye ni Venancio Mondlane, wabonye amajwi 20%.

Mu ijambo rye nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora, Chapo yagize ati: “Twaracecetse muri iki gihe cyose, ku bwo kubaha amategeko. Turi ishyaka rikorera kuri gahunda ritegura intsinzi zaryo.”

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, habaye imyigaragambyo irimo urugomo mu mijyi myinshi, ndetse hari abantu bishwe. Abapolisi benshi bagabwe mu duce tumwe na tumwe.

Aya matora yaranzwemo ibirego by’uburiganya n’iyicwa ry’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bituma habaho imyigaragambyo mu bice bitandukanye by’igihugu.

n’abapolisi barasaga amasasu nyamasasu n’imyuka iryana mu maso ku bigaragambya.

Aya matora yananenzwe n’indorerezi z’amatora zo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU), zavuze ko bimwe mu byavuye mu matora byahinduwe.

Zavuze ko habayeho “inenge mu kubara [amajwi] ndetse n’ihindurwa ridafite ishingiro ry’ibyavuye mu matora”.

Umusesenguzi kuri politike Adriano Nuvunga yamaganye icyo yise uruhererekane rw’amatora abamo uburiganya muri Mozambique.

Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko akanama k’amatora kanze kugira icyo kavuga ku birego by’uburiganya mu majwi.

Biteganyijwe ko Chapo arahira muri Mutarama umwaka utaha.

Julien B.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka