Perezida Kagame yakuyeho urujijo ku guha akazi abo bitiranwa

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakuyeho urujijo ku bavuga ko ashyira mu myanya y’akazi abo bitiranwa cyangwa abavandimwe be, aho bamwe babishingira ku kuba ku itariki 14 Ukwakira 2024 yarashyizeho Abakuru b’Ingabo babiri bitwa ba Kagame bombi.

Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ku wa mbere w’iki cyumweru yagize Maj Gen Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, na Maj Gen Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere muri RDF.

Maj Gen Alex Kagame ari mu bayobozi bakuru bagejeje indahiro kuri Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, nyuma y’Abaminisitiri babiri bashya, ari bo Dr Patrice Mugenzi wa MINALOC na Dr Mark Cyubahiro Bagabe wa MINAGRI.

Perezida Kagame yagize ati “Bimeze nk’urwenya, abantu bazi ko nshyira mu kazi barumuna banjye cyangwa bakuru banjye, cyangwa abandi, ariko ntabwo ari byo. Abanyarwanda bita amazina asa ku mpamvu zitandukanye, nanjye ubwanjye izina ryanjye naryiswe bikurikije umuntu wari ubanye n’abanyise izina.”

Ati “Hari n’abashoboraga kwita izina umuntu bahereye ku ryanjye, ntabwo bivuze ko tuva mu muryango umwe, ntabwo nahaye umuntu akazi kubera ko tugira icyo dupfana, ntabwo ari byo, ndagira ngo mpanagure urwo rujijo ruriho.”

Perezida Kagame asaba abayobozi barahiye hamwe n’abandi basanzweho guharanira ko inzego zikorana, mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.

 

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya