Bamporiki na Gasana Emmanuel bafunguwe

Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko hamwe na Gasana Emmanuel wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, bari mu bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Iteka rya Perezida ryo ku wa 18 Ukwakira 2024 ritanga imbabazi ryashyize ku mugereka abagororwa 31 bahawe imbabazi, bari bafungiye muri gereza zitandukanye mu Rwanda, barimo Bamporiki Edouard na Emmanuel Gasana wayoboye Polisi n’Intara y’Uburasirazuba.

Iri teka ryashyizweho nyuma y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikanasimbuza Abaminisitiri babiri bayoboraga Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI).

Jean Claude Musabyimana wayoboraga MINALOC yasimbujwe Dr Patrice Mugenzi, mu gihe Dr Musafiri Ildephonse wayoboraga MINAGRI yasimbujwe Dr Mark Cyubahiro Bagabe (wigeze kuyobora Ikigo gitsura Ubuziranenge).

 

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge