Social Media: Ubukwe bwapfuye, ubushyuhe bukabije

Ubu bukwe bwari kubera mu Karere ka Rulindo kuri uyu wa Kane, aho Uwayezu Angélique wo muri Kisaro yategereje Manirakiza Zacharie wo mu Karere ka Nyaruguru wagombaga kuza kumusaba, birangira ataje ubukwe burapfa.

Uyu Manirakiza yabwiye abantu kuri telefone ko bamwibeshyeho, asanganwe urugo. Byatangajwe kuri X ya Twahirwa Alphonse.

Ubushyuhe bukabije kuri uyu wa Gatanu

Uwitwa Oswald Mutuyeyezu bita Oswakim yabajije kuri X ati “Ni uwuhe munsi mu mateka aho Kigali yaba yarashyushye bikabije kurenza kuri uyu wa gatanu?”

Hari uwamusubije amwereka ko ubushyuhe i Kigali bwageze kuri degree selisiyusi 32. Ikigo Meteo-Rwanda kivuga ko inyanja ngari y’u Buhinde yakonje bigatuma itohereza ibicu byinshi bifite imvura, ari yo mpamvu izuba rikomeje kwaka cyane muri iki gihe hakagombye kuba hari imvura y’Umuhindo.

Israel irimo kuraswaho n’ubwo irinzwe na Iron Dome

Abaturage ba Iseraheli ubu barahangayitse bikomeye kubera ibisasu byinshi bya Hezbollah bitari kubaha agahenge, kandi bifite ubukana.

Muhire Munana Alphonse yanditse ku rubuga rwa X ko Abisiraheli ibyo kugenda bidegembya ngo Iron Dome irabarinze byasubiwemo, barikubona ko na byo ari ikibazo cy’igihe gusa ubundi na bo ibisasu bigatangira kubahuranya.

Hezbollah ikomeje gusuka missile nyinshi kuri Iseraheli yibutsa ko Hezbollah atari HAMAS. Uyu mutwe wagize uti “Mu minsi mike hari ikintu muzabona namwe, abaturage banyu babe bashaka aho bihisha kuko iyo mijyi turaje tuyiritagure natwe kurenza uko mu bitekereza.”

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi