Social Media: Ubukwe bwapfuye, ubushyuhe bukabije

Ubu bukwe bwari kubera mu Karere ka Rulindo kuri uyu wa Kane, aho Uwayezu Angélique wo muri Kisaro yategereje Manirakiza Zacharie wo mu Karere ka Nyaruguru wagombaga kuza kumusaba, birangira ataje ubukwe burapfa.

Uyu Manirakiza yabwiye abantu kuri telefone ko bamwibeshyeho, asanganwe urugo. Byatangajwe kuri X ya Twahirwa Alphonse.

Ubushyuhe bukabije kuri uyu wa Gatanu

Uwitwa Oswald Mutuyeyezu bita Oswakim yabajije kuri X ati “Ni uwuhe munsi mu mateka aho Kigali yaba yarashyushye bikabije kurenza kuri uyu wa gatanu?”

Hari uwamusubije amwereka ko ubushyuhe i Kigali bwageze kuri degree selisiyusi 32. Ikigo Meteo-Rwanda kivuga ko inyanja ngari y’u Buhinde yakonje bigatuma itohereza ibicu byinshi bifite imvura, ari yo mpamvu izuba rikomeje kwaka cyane muri iki gihe hakagombye kuba hari imvura y’Umuhindo.

Israel irimo kuraswaho n’ubwo irinzwe na Iron Dome

Abaturage ba Iseraheli ubu barahangayitse bikomeye kubera ibisasu byinshi bya Hezbollah bitari kubaha agahenge, kandi bifite ubukana.

Muhire Munana Alphonse yanditse ku rubuga rwa X ko Abisiraheli ibyo kugenda bidegembya ngo Iron Dome irabarinze byasubiwemo, barikubona ko na byo ari ikibazo cy’igihe gusa ubundi na bo ibisasu bigatangira kubahuranya.

Hezbollah ikomeje gusuka missile nyinshi kuri Iseraheli yibutsa ko Hezbollah atari HAMAS. Uyu mutwe wagize uti “Mu minsi mike hari ikintu muzabona namwe, abaturage banyu babe bashaka aho bihisha kuko iyo mijyi turaje tuyiritagure natwe kurenza uko mu bitekereza.”

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya