Icyorezo cya Marburg: hikanzwe Ebola

Nyuma y’uko abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga babajije Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) iby’icyorezo kivugwa ko cyateye mu bitaro bimwe na bimwe mu Gihugu, byarangiye iyi Minisiteri itangaje ko ari virusi ya Marburg.

Abantu babibonye bavuga ko iyi ndwara yaje ifite ibimenyetso nk’ibya ebola (byo kuva amaraso), kandi ngo irimo kwibasira abaganga cyane.

Uwitwa Didace Niyifasha yabajije ati “RBC (Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda), aya makuru ari kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga mwatubwira niba ari ukuri cyangwa ibinyoma, murakoze.”

Ubutumwa Niyifasha yashingiyeho bwavugaga ko mu bitaro bimwe na bimwe hari abaforomo bamaze kwitaba Imana, kandi ko uwo iyo ndwara ifashe aba afite ibyago bingana na 90% byo gupfa mu gihe kitarenze iminsi 3.

Mu bimenyetso biranga iyo ndwara uretse kuva amaraso ngo hari n’impiswi, kuruka no kubabara umutwe, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima imaze kubitangaza, ivuga ko iyo ndwara iterwa na virusi yitwa Marburg, aho umuntu afatwa ahinda umuriro mwinshi.

MINISANTE ivuga ko mu bitaro bitandukanye byo mu Rwanda habonetse abarwayi bake bafite ibimenyetso by’indwara na virusi ya Marburg.

Ikavuga ko mu gihe hakorwa iperereza rigamije kumenya inkomoko y’iyi ndwara, hashyizweho ingamba zo kuyirinda no kuyikumira mu bitaro no mu bigo nderabuzima bitandukanye.

MINISANTE ivuga ko hatangiye igikorwa cyo kumenya abagiye bahura n’abagaragaweho n’iyi virusi, mu gihe abarwayi bakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Iyi ndwara ngo ikwirakwizwa no gukora ku maraso n’amatembabuzi y’abantu bayirwaye. Ntabwo ikwirakwizwa binyuze mu mwuka.

MINISANTE igira iti “Uwo ari we wese wagaragaza ibimenyetso byayo ari byo kugira umuriro mwinshi, umutwe ukabije, kuruka, kuribwa mu mitsi, cyangwa kuribwa mu nda, yahamagara Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kuri numero 114, cyangwa akegera ivuriro rimwegereye.”

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ikomeje gukurikiranira hafi iki kibazo kandi ikomeza kubagezaho amakuru ajyanye n’iyi ndwara. Abaturage barasabwa gukomeza imirimo yabo birinda kandi bakaza ingamba z’isuku.

Marburg, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima(OMS) ribivuga, itangira kwigaragaza ku muntu wayanduye mu gihe cy’iminsi ibarirwa hagati ya 2-21, kandi ikaba ishobora kurembya cyangwa kwica 88% by’abayanduye.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye