“Niwe nshuti ya mbere ngira mu buzima’: Nizzo Kaboss agaruka ku nkumi ivugwaho kumutwara umutima

Nizzo Kaboss abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yongeye gushyira ku mbuga nkoranyambaga ifoto y’inkumi yitwa Mwiza Jessica bigeze kuvugwa mu rukundo, nubwo uyu muhanzi we ahamya ko ari inshuti ye gusa.

Mu kiganiro na IGIHE, Nizzo Kaboss yavuze ko yabikoze kuko yari yibutse uburyo uyu mukobwa yamubereye inshuti idasanzwe mu buzima.

Ati “Ikintu kimwe nakubwira, Jessica ni inshuti yanjye ya mbere nagize mu buzima bwanjye. Hari ukuntu wicara ugatekereza ukuntu ari inshuti yawe ukisanga ubisangije n’inshuti zawe.”

Abajijwe niba ari ubucuti busanzwe cyangwa haba hari urukundo hagati yabo nk’uko bimaze imyaka bivugwa, Nizzo yirinze kugira byinshi abivugaho, icyakora ashimangira ko ari inshuti ye ikomeye.

Urukundo rwa Nizzo na Mwiza Jessica rwatangiye kuvugwa kuva mu 2016 nubwo uyu muhanzi ataburaga kunyuzamo akavugwa mu nkuru n’izindi nkumi, kuva icyo gihe nta n’umwe muri bo wigeze ashaka kugira byinshi aruvugaho.

Muri iyo myaka byavuzwe ko Nizzo afite umukunzi mushya witwa Nisingizwe Solange uba mu Busuwisi, icyakora umubano wabo uzamo agatotsi bitewe n’uburyo uyu muhanzi yafotowe agirana ibihe byiza n’undi uzwi nka Bijou Dabijou ukora ubucuruzi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda akaza mu Rwanda mu gihe cyo kuruhuka.

Amateka y’urukundo kuri Nizzo ntarangirira kuri aba kuko uyu musore yigeze no kukanyuzaho na Anita Pendo na Sacha Kate.

Mwiza Jessica yatangiye kuvugwa mu rukundo na Nizzo mu 2016

ubwo Nizzo atabyemera ariko ababazi bahamya ko hari urukundo hagati ye na Mwiza Jessica.

Source: IGIHE

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya