“Niwe nshuti ya mbere ngira mu buzima’: Nizzo Kaboss agaruka ku nkumi ivugwaho kumutwara umutima

Nizzo Kaboss abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yongeye gushyira ku mbuga nkoranyambaga ifoto y’inkumi yitwa Mwiza Jessica bigeze kuvugwa mu rukundo, nubwo uyu muhanzi we ahamya ko ari inshuti ye gusa.

Mu kiganiro na IGIHE, Nizzo Kaboss yavuze ko yabikoze kuko yari yibutse uburyo uyu mukobwa yamubereye inshuti idasanzwe mu buzima.

Ati “Ikintu kimwe nakubwira, Jessica ni inshuti yanjye ya mbere nagize mu buzima bwanjye. Hari ukuntu wicara ugatekereza ukuntu ari inshuti yawe ukisanga ubisangije n’inshuti zawe.”

Abajijwe niba ari ubucuti busanzwe cyangwa haba hari urukundo hagati yabo nk’uko bimaze imyaka bivugwa, Nizzo yirinze kugira byinshi abivugaho, icyakora ashimangira ko ari inshuti ye ikomeye.

Urukundo rwa Nizzo na Mwiza Jessica rwatangiye kuvugwa kuva mu 2016 nubwo uyu muhanzi ataburaga kunyuzamo akavugwa mu nkuru n’izindi nkumi, kuva icyo gihe nta n’umwe muri bo wigeze ashaka kugira byinshi aruvugaho.

Muri iyo myaka byavuzwe ko Nizzo afite umukunzi mushya witwa Nisingizwe Solange uba mu Busuwisi, icyakora umubano wabo uzamo agatotsi bitewe n’uburyo uyu muhanzi yafotowe agirana ibihe byiza n’undi uzwi nka Bijou Dabijou ukora ubucuruzi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda akaza mu Rwanda mu gihe cyo kuruhuka.

Amateka y’urukundo kuri Nizzo ntarangirira kuri aba kuko uyu musore yigeze no kukanyuzaho na Anita Pendo na Sacha Kate.

Mwiza Jessica yatangiye kuvugwa mu rukundo na Nizzo mu 2016

ubwo Nizzo atabyemera ariko ababazi bahamya ko hari urukundo hagati ye na Mwiza Jessica.

Source: IGIHE

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”