Trump yatangaje ko natsindwa amatora atazongera kwiyamamaza

Donald Trump, wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wa 45, yatangaje ko naramuka atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka atazongera kwiyamamaza mu ya 2028.
Trump w’imyaka 78, uri kwiyamamariza umwanya wa Perezida mu ishyaka ry’Abarepubulikani, amaze kuba umukandida mu matora inshuro eshatu (3).

Trump ubwo yari mu kiganiro n’ikinyamakuru cyitwa Sinclair Media Group, yabajijwe niba ateganya kongera kwiyamamaza ubwo yaba atsinzwe n’uwo bahanganye kugea ubu, Visi Perezida Kamala Harris, umukandida w’ishyaka ry’Abademokarate.

Yasubije ko atabitekanya kuko atekereza ko bizaba birangiye, gusa yongeraho ko ishyaka rye ryizeye intsinzi muri aya matora azaba mu Ugushyingo.

Mu busanzwe amategeko y’Amerika, ntiyemerera Umukuru w’Igihugu kuyobora manda zirenze ebyiri, bityo nubundi Trump wayoboye Amerika manda imwe ndetse akaba yizeye intsinzi, aramutse ayegukanye ntabwo yaba yemerewe kwiyamamaza mu 2028.

Source: Kigali to day

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka