Rubavu: Imodoka ya Bralirwa itwara ibinyobwa yakoze impanuka birangirika

Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiriba mu kagari ka Gikombe mu mudugudu wa Rugerero, kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Nzeri 2024, habereye impanuka y’imodoka yavaga kuri Bralirwa yerekeza Musanze inzoga yari yikoreye zirameneka zose.
Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SP Kayigi Emmanuel, yatangarije Kigali Today ko iyi mpanuka yaturutse ku itiyo y’imyuka yacitse bituma igice cy’inyuma ‘Trailer’ cyari gitwaye inzoga nacyo gicika inzoga zose zarimo zirameneka.

SP Kayigi avuga ko ntawakomerekeye muri iyi mpanuka cyangwa ngo ahasige ubuzima uretse inzoga zangiritse gusa.

Kugeza ubu ntiharamenyekana igihombo cyatewe n’iyi mpanuka kuri izo inzoga zangiritse kuko bakiri mu bikorwa byo kuzibarura.

Abaturage baciye ahabereye iyi mpanuka abenshi bahise bigabiza amwe mu macupa yarimo inzoga batangira kwinywera ariko inzego z’umutekano zihageze zatangiye kubakumira baragenda.

SP Kayigi avuga ko iyi mpanuka yabangamiye urujya n’uruza rw’ibindi binyabiziga, kuko habanje ibikorwa byo gukura ayo macupa mu muhanda.

SP Emmanuel Kayigi yatanze ubutumwa ku bantu batwara ibinyabiziga, ko bakwiye kugenda neza mu muhanda, bubahiriza amategeko yawo.

SP Kayigi avuga ko mu bukangurambaga bukorwa na Polisi y’u Rwanda, bashishikariza abatwara ibinyabiziga kugenda neza ko bagomba kuringaniza umuvuduko, bitewe n’imiterere y’umuhanda bagendamo ndetse no kwitwararika buri gihe cyane cyane igihe hari umuvundo w’ibinyabiziga mu muhanda, ndetse bagasuzumisha ibinyabiziga byabo mbere yo kugenda mu muhanda.

Ati “Uyu mushoferi iyo aza kumenya ko itiyo y’imyuka ifite ikibazo ntabwo aba yakoze impanuka.

Source:Kigali to day

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge