Umukecuru yahanganye n’inzoka ya metero enye rubura gica

Mu gihugu cya Thailand, Umukecuru witwa Arom Arunroj w’imyaka 64 y’amavuko yahanganye n’inzoka ipima metero enye n’ibiro 20, rubura gica ubwo yari yamusagariye.

Uyu mukecuru yatangaje ko hari mu masaha ya Saa Mbiri z’ijoro ubwo yari iwe ari koga, inzoka nini yo mu bwoko bwa ‘Python’, akayisanga mu bwongero.

Yagize ati ” Narebye icyo kintu, mbona n’inzoka.”

Yasobanuye ko iyo nzoka yaje guhita imwizingiraho, agatangira guhangana nayo atabaza ariko ntihagira umwumva.

Ku bw’amahirwe nyuma y’amasaha abiri, ahangana nayo yamurumaguye umubiri yawugize ibikomere gusa, umuturanyi we yaje kumwumva, ahamagaza ubutabazi.

Umupolisi wo mu gace ka Samut Prakan, Sgt Maj Anusorn Wongmali, yabwiye Itangazamakuru ko uyu mukecuru yatabawe akajyanwa kwa muganga, umubiri wuzuye ibikomero by’aho inzoka yamurumye.

Thailand ni kimwe mu gihugu kibamo inzoka nyinshi.

Raporo y’inzego z’ubuzima zaho yo mu 2023, yerekanaga ko abantu 12,000 bavuwe ubumara bw’inzoka mu gihe abandi 26 bishwe no kurumwa na zo.

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

Source: Umuseke.rw

 

  • Related Posts

    MINICOM yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro

    Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda(MINICOM) yatangaje ko yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro na serivisi zo gusharija bateri zazo, ariko yirinda gutangaza ibyo bihano. MINICOM ivuga ko nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe…

    Read more

    Congress ya FPR Inkotanyi ikoze amavugurura

    Inama Nkuru(Congress) ya 17 ya FPR Inkotanyi yagejeje ku banyamuryango amavugurura yakozwe mu nzego z’ubuyobozi bw’uyu muryango, harimo kuba hashyizweho urwego rw’Inararibonye, ndetse hakaba hemejwe abagize Komite Nyobozi bashya. Aba…

    Read more

    Ntibigucike

    MINICOM yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro

    MINICOM yafatiye ibihano abagurisha moto za Spiro

    Congress ya FPR Inkotanyi ikoze amavugurura

    Congress ya FPR Inkotanyi ikoze amavugurura

    Kuki ababyeyi benshi mu Rwanda badashaka kongera kubyara!-NISR

    Kuki ababyeyi benshi mu Rwanda badashaka kongera kubyara!-NISR

    Imyaka 25 ya Desantaralizasiyo: Ni izihe serivisi ukijya gushakira i Kigali?

    Imyaka 25 ya Desantaralizasiyo: Ni izihe serivisi ukijya gushakira i Kigali?

    ADEPR: Insengero zirenga 1154 muri 3141 zizavaho burundu

    ADEPR: Insengero zirenga 1154 muri 3141 zizavaho burundu

    Imvura igiye kuba nyinshi muri iyi minsi 10 yo hagati mu Kuboza

    Imvura igiye kuba nyinshi muri iyi minsi 10 yo hagati mu Kuboza