U Rwanda rwatangiye gukingira Mpox

Umukozi wo muri ministeri y’ubuzima mu Rwanda arimo gukingira Mpox

Minisiteri y’ubuzima y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukingira indwara y’Ubushita bw’inkende izwi nka Mpox, bahereye “ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga, abakora mu mahoteli n’ibindi byiciro byibasirwa cyane na Mpox”.

Amakuru dukesha BBC avuga yuko Dr Nicaise Ndembi wo mu kigo cya Africa cyo kurwanya indwara yabwiye abanyamakuru ku wa kane ko u Rwanda ari igihugu cya mbere cya Afurika gitangiye gutanga uru rukingo.

Inkingo za Mpox zirimo gukoreshwa mu Rwanda 

Urwo rukingo u Rwanda rwatangiye gutanga ni doze 1,000 rwahawe na Nigeria kuri doze 10,000 Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye Nigeria mu mpera z’ukwezi gushize kwa Kanama, nk’uko abakuru ba kiriya kigo cya Afurika babitangaje.

Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda yabwiye BBC ko uru rukingo rurimo gutangwa hakoreshejwe za “Mobile Clinics” (imodoka zirimo ibikenewe zigenda zitanga ubuvuzi n’ibijyanye na bwo), kandi ko icyo gikorwa gishobora kurangira uyu munsi.

Jean Kaseya, umukuru wa kiriya kigo kizwi nka Africa Centres for Disease Control and Prevention (Africa CDC), yabwiye abanyamakuru ko gukingira muri DR Congo – ifatwa nk’izingiro rya Mpox – bizatangira “mu cyumweru cya mbere cy’Ukwakira(10)”.

Kiriya kigo kivuga ko gukingira mu Rwanda byatangiye ku wa kabiri w’iki cyumweru hibandwa ku turere duhana imbibi na DR Congo.

Muri Nyakanga(7) ni bwo u Rwanda rwemeje abarwayi babiri ba mbere ba Mpox, bivugwa ko abari bayirwaye bamwe bakize kandi nta watangajwe waba warishwe na yo kugeza ubu.

Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, Afurika yatangaje abantu 29,152 banduye Mpox na 738 yishe mu bihugu 15.

Ibihugu byo ku isi bimaze kugaragaza ko byabonetswemo Mpox 

By Julien B.

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya