U Rwanda rwatangiye gukingira Mpox

Umukozi wo muri ministeri y’ubuzima mu Rwanda arimo gukingira Mpox

Minisiteri y’ubuzima y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukingira indwara y’Ubushita bw’inkende izwi nka Mpox, bahereye “ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga, abakora mu mahoteli n’ibindi byiciro byibasirwa cyane na Mpox”.

Amakuru dukesha BBC avuga yuko Dr Nicaise Ndembi wo mu kigo cya Africa cyo kurwanya indwara yabwiye abanyamakuru ku wa kane ko u Rwanda ari igihugu cya mbere cya Afurika gitangiye gutanga uru rukingo.

Inkingo za Mpox zirimo gukoreshwa mu Rwanda 

Urwo rukingo u Rwanda rwatangiye gutanga ni doze 1,000 rwahawe na Nigeria kuri doze 10,000 Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye Nigeria mu mpera z’ukwezi gushize kwa Kanama, nk’uko abakuru ba kiriya kigo cya Afurika babitangaje.

Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda yabwiye BBC ko uru rukingo rurimo gutangwa hakoreshejwe za “Mobile Clinics” (imodoka zirimo ibikenewe zigenda zitanga ubuvuzi n’ibijyanye na bwo), kandi ko icyo gikorwa gishobora kurangira uyu munsi.

Jean Kaseya, umukuru wa kiriya kigo kizwi nka Africa Centres for Disease Control and Prevention (Africa CDC), yabwiye abanyamakuru ko gukingira muri DR Congo – ifatwa nk’izingiro rya Mpox – bizatangira “mu cyumweru cya mbere cy’Ukwakira(10)”.

Kiriya kigo kivuga ko gukingira mu Rwanda byatangiye ku wa kabiri w’iki cyumweru hibandwa ku turere duhana imbibi na DR Congo.

Muri Nyakanga(7) ni bwo u Rwanda rwemeje abarwayi babiri ba mbere ba Mpox, bivugwa ko abari bayirwaye bamwe bakize kandi nta watangajwe waba warishwe na yo kugeza ubu.

Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, Afurika yatangaje abantu 29,152 banduye Mpox na 738 yishe mu bihugu 15.

Ibihugu byo ku isi bimaze kugaragaza ko byabonetswemo Mpox 

By Julien B.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”