Ubwirakabiri no kuzora k”ukwezi byagaragaye mu kirere muri uru rukerera

Byari bibereye ijisho kuri benshi babirebaga

Muri uru rukerera rwo ku wa gatatu taliki ya 18 Nzeri ku isaha ya saa 4:12 kugeza saa 4:44 ku masaha yo mu Rwanda no mu Burundi hari ibitangaza bibiri byabaye mu kirere k’isi!
Icya mbere ni uko ukwezi kwagaragaye kwazoye cyane mu bice bitandukanye hirya no hino kw’isi. Ukwezi kwagaragaye mu kirere k’isi kwazoye, ari kunini bidasanzwe kandi kwaka cyane, ibyo bita mu rurimi rw’icyongereza “supermoon”.

Kuzora k’ukwezi bakunze kwita ‘supermoon’

Supermoon ibaho iyo Ukwezi kwegereye isi kurusha ibindi bihe byose ku rwikaragiro (orbit) rwako!

Supermoon yo muri uku kwezi ni iya kabiri ibayeho muri uyu mwaka.

Si ibyo gusa byabayeho kuko habayeho n’ubwirakabiri bw’ukwezi ku gice kingana na 4% cy’ubuso bwose bw’ukwezi. Ubwirakabiri bw’ukwezi bubaho iyo igicucu-cucu k’isi gikingirije ukwezi, bigatuma urumuri rw’izuba ruba ruke cyane ku kwezi!

Ubwo bwirakabiri bwabonywe n’abari muri Afurika, Amerika y’Epfo n’iya Ruguru, Uburayi, n’ibice bimwe na bimwe bya Aziya ndetse n’Uburasirazuba bwo hagati. Ubundi bwirakabiri bw’igice cy’ ukwezi bwitezwe muri Kanama 2026, ubwo bizaba bidasanzwe kuko hafi 96% by’ukwezi bizaba byijimye bikingirijwe n’isi.
Nk’uko ibinyamakuru byinshi byabitangaje, abantu benshi hiryo no hino ku isi banejejwe no kwitegereza iyo mirimo y’Imana!

Indege inyura imbere y’ukwezi i Toronto muri Canada 

Uko Kwezi guhinguka inyuma y’Umunara wa Galata i Istanbul muri Turkiya

Uko uko Kwezi kwabonetse i Caracas muri VenezuelaNanjing mu Bushinwa mu ntara ya Jiangsu

Uwabirebeshaga imboneshakure Telescope

Uko byari byifashe i Nanjing mu Bushinwa mu ntara ya Jiangsu

Ukwezi kwagaragaye mu migi itandukanye hirya no hino kw’isi 

Ukwezi kuba kwegereye isi cyane

Ukwezi kuzamuka inyuma y’inzu yo mu cyaro cya Warwickshire mu Bwongereza

By Julien B.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi