Ubwirakabiri no kuzora k”ukwezi byagaragaye mu kirere muri uru rukerera

Byari bibereye ijisho kuri benshi babirebaga

Muri uru rukerera rwo ku wa gatatu taliki ya 18 Nzeri ku isaha ya saa 4:12 kugeza saa 4:44 ku masaha yo mu Rwanda no mu Burundi hari ibitangaza bibiri byabaye mu kirere k’isi!
Icya mbere ni uko ukwezi kwagaragaye kwazoye cyane mu bice bitandukanye hirya no hino kw’isi. Ukwezi kwagaragaye mu kirere k’isi kwazoye, ari kunini bidasanzwe kandi kwaka cyane, ibyo bita mu rurimi rw’icyongereza “supermoon”.

Kuzora k’ukwezi bakunze kwita ‘supermoon’

Supermoon ibaho iyo Ukwezi kwegereye isi kurusha ibindi bihe byose ku rwikaragiro (orbit) rwako!

Supermoon yo muri uku kwezi ni iya kabiri ibayeho muri uyu mwaka.

Si ibyo gusa byabayeho kuko habayeho n’ubwirakabiri bw’ukwezi ku gice kingana na 4% cy’ubuso bwose bw’ukwezi. Ubwirakabiri bw’ukwezi bubaho iyo igicucu-cucu k’isi gikingirije ukwezi, bigatuma urumuri rw’izuba ruba ruke cyane ku kwezi!

Ubwo bwirakabiri bwabonywe n’abari muri Afurika, Amerika y’Epfo n’iya Ruguru, Uburayi, n’ibice bimwe na bimwe bya Aziya ndetse n’Uburasirazuba bwo hagati. Ubundi bwirakabiri bw’igice cy’ ukwezi bwitezwe muri Kanama 2026, ubwo bizaba bidasanzwe kuko hafi 96% by’ukwezi bizaba byijimye bikingirijwe n’isi.
Nk’uko ibinyamakuru byinshi byabitangaje, abantu benshi hiryo no hino ku isi banejejwe no kwitegereza iyo mirimo y’Imana!

Indege inyura imbere y’ukwezi i Toronto muri Canada 

Uko Kwezi guhinguka inyuma y’Umunara wa Galata i Istanbul muri Turkiya

Uko uko Kwezi kwabonetse i Caracas muri VenezuelaNanjing mu Bushinwa mu ntara ya Jiangsu

Uwabirebeshaga imboneshakure Telescope

Uko byari byifashe i Nanjing mu Bushinwa mu ntara ya Jiangsu

Ukwezi kwagaragaye mu migi itandukanye hirya no hino kw’isi 

Ukwezi kuba kwegereye isi cyane

Ukwezi kuzamuka inyuma y’inzu yo mu cyaro cya Warwickshire mu Bwongereza

By Julien B.

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)