Inganda zizabura umuriro mu masaha y’umugoroba mu mpera z’iki cyumweru

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), bwatangaje ko umuriro w’amashanyarazi uzabura mu mpera z’iki cyumweru kuva saa kumi n’imwe z’umuguroba mu byanya byahariwe inganda bya Bugesera, Rwamagana, Nyagatare, Muhanga na Musanze ndetse n’inganda za Cimerwa, Skol, Bralirwa hamwe n’iz’icyayi za Nyabihu na Rubaya.

REG ivuga ko umuriro uzabura bitewe n’imirimo yihutirwa yo gusana
Uruganda rw’Amashanyarazi rwa ‘Shema Power Plant’ rukwirakwiza mu Rwanda ingufu zikomoka kuri gazi metane yo mu kiyaga cya Kivu.

Umuriro ngo uzabura ku wa Gatandatu tariki ya 14 Nzeri 2024 no ku Cyumweru tariki ya 15 Nzeri 2024, kuva saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00) kugeza saa yine z’ijoro (22h00),

REG yiseguye ku bafatabuguzi bayo kubera ibura ry’umuriro rizaba mu gihe iyo mirimo izaba ikorwa, ariko itangazo yatanze rigakomeza rigira riti “Abantu bose barasabwa kwitondera insinga z’amashanyarazi, kuko umuriro
ushobora kugaruka mbere y’isaha yavuzwe haruguru.”

 

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)