Inganda zizabura umuriro mu masaha y’umugoroba mu mpera z’iki cyumweru

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), bwatangaje ko umuriro w’amashanyarazi uzabura mu mpera z’iki cyumweru kuva saa kumi n’imwe z’umuguroba mu byanya byahariwe inganda bya Bugesera, Rwamagana, Nyagatare, Muhanga na Musanze ndetse n’inganda za Cimerwa, Skol, Bralirwa hamwe n’iz’icyayi za Nyabihu na Rubaya.

REG ivuga ko umuriro uzabura bitewe n’imirimo yihutirwa yo gusana
Uruganda rw’Amashanyarazi rwa ‘Shema Power Plant’ rukwirakwiza mu Rwanda ingufu zikomoka kuri gazi metane yo mu kiyaga cya Kivu.

Umuriro ngo uzabura ku wa Gatandatu tariki ya 14 Nzeri 2024 no ku Cyumweru tariki ya 15 Nzeri 2024, kuva saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00) kugeza saa yine z’ijoro (22h00),

REG yiseguye ku bafatabuguzi bayo kubera ibura ry’umuriro rizaba mu gihe iyo mirimo izaba ikorwa, ariko itangazo yatanze rigakomeza rigira riti “Abantu bose barasabwa kwitondera insinga z’amashanyarazi, kuko umuriro
ushobora kugaruka mbere y’isaha yavuzwe haruguru.”

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”