Ku bifuza akazi mu nzego z’ibanze hari imyanya 1839 yashyizwe ku isoko

Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali, RALGA, ryatangaje ko inzego z’ibanze mu Tugari, mu Mirenge no mu Turere hakenewe abakozi bagera ku 1,839 bazaba bari mu myanya itandukanye.

Bigaragara ko imirenge ari yo ikeneye abakozi benshi bagera ku 1063, utugari tukaba dukeneye abagera kuri 545, mu gihe Uturere dukeneye abagera kuri 231.

RALGA ivuga ko iyi myanya yatangiye gushyirwa ku rubuga rwa Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo(MIFOTRA) rwamamaza imyanya y’akazi ikeneye abakozi, kuva kuri uyu wa Gatatu, ariko gukomeza kuyishyira kuri urwo rubuga ngo birakomeje.

RALGA ivuga kandi ko ifatanyije na MIFOTRA, bavuguruye uburyo ibizamini by’abakozi b’inzego z’ibanze bikorwa, kugira ngo birusheho gukomeza gukorwa mu mucyo, kuko bigiye kujya bitangirwa igihe kimwe.

Igihe cyo gutanga ibyo bizamini nikigera ngo hazajya hajyaho urwego ruhuriweho n’inzego zose bireba, kugira ngo hirindwe amakosa abantu bajya binubira.

 

 

 

  • Related Posts

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10