Amadini n’amatorero yose agiye guhurira muri Rwanda Shima Imana

Imiryango ishingiye ku kwemera mu Rwanda iri gutegura igiterane cyiswe “Rwanda Shima Imana Festival” kizahuriza imbaga y’abantu muri Stade Amahoro tariki 29 Nzeri 2024.

Abategura iki giterane bavuga ko kizahuza amadini n’amatorero yose yo mu Rwanda, ku ntego yo “Gushima Imana” ku bw’amahoro n’iterambere n’ibindi byiza yakoreye u Rwanda mu myaka 30 ishize, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki giterane gihuza amotorero yose yitwa aya gikristo mu Rwanda, gitegurwa n’umuryango wiswe PEACE Plan uterwa inkunga n’itorero Saddleback rya Rich Warren, rifite icyicaro muri California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Ijambo PEACE ryo mu cyongereza, n’ubwo risobanura amahoro, ubwaryo ni impine ya gahunda zishyirwa mu bikorwa n’Umuryango PEACE Plan, aho P ivuga ‘Planting Churches/Reconciliation’ cyangwa kubiba/gutera insengero n’ubwiyunge.

E ivuga ‘Equipping Servant Leaders’ cyangwa guha ubushobozi abayobozi (baba ab’amadini, abo muri Guverinoma n’ahandi) binyuze mu mahugurwa, mu biterane, mu biganiro n’ibindi.

A ivuga Assisting the poor cyangwa gufasha abakene, aho amadini n’amatorero mu Rwanda asabwa gufasha abakene bayabamo, kandi imishinga ya PEACE Plan ikabafasha kubona igishoro cyo gukora ubucuruzi.

C ivuga Caring for the sick cyangwa kwita ku barwayi, aho PEACE Plan igira gahunda yo kwita ku buzima bw’abantu no kubaka amavuriro guhera ku y’ibanze kugera ku bitaro binini.

E ivuga Educating the next generation cyangwa kwigisha abantu(igisekuru) b’ejo hazaza, aho uyu muryango wagiye ufasha amadini n’amatorero guha ubumenyi abayoboke bayo bakiri bato.

Igiterane cya Rwanda Shima Imana giheruka kuba mu mwaka wa 2016 cyabereye muri ‘Zion Temple, Celebration Center’, gihuza urubyiruko ruturutse mu matorero arenga 400 yo hirya no hino mu Rwanda.

 

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)