Putin yituye Kim Jong Un, amuha amafarashi 24

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahaye mugenzi we wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, amafarashi 24 y’umweru utavangiye, mu rwego rwo kumushimira ko yamuhaye ibisasu byo kurwanya OTAN/NATO.

OTAN ni Umuryango w’ubutabarane uhuza ibihugu by’i Burayi na Amerika ya Ruguru bituriye inyanja ya Atlantic, n’ubwo hagenda hiyongeramo n’ibindi bitari hafi y’iyo nyanja.

OTAN ihanganye n’icyitwa BRICS, akaba ari umuryango watangiye ugizwe n’ibihugu bya Brazil, Russia, India, China na South Africa, ariko na wo ukaba umaze kwaguka kuko hagiyemo n’ibindi bihugu bitandukanye byo ku isi.

Itangazo ry’Umuryango BRICS ryashyizwe ku rubuga rwa X, rivuga ko Putin yahaye Kim Jong Un amafarashi 24 y’ubwoko bw’intoranywa, amushimira ku bw’ibisasu yamwoherereje bikamufasha kurwanya ingabo za OTAN muri Ukraine.

BRICS kandi ikomeje kwigamba ko Putin arimo kugenderera ibihugu bitandukanye byo ku isi byashyize umukono ku masezerano yo kumufata, nyamara Putin akaba ngo atarimo gufatwa n’ubwo Leta zunze Ubumwe za Amerika na Ukraine basohoye impapuro zo kumuta muri yombi.

 

 

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?