Nyuma y’iyi nama ni bwo Maj Gen Nzaramba n’abandi birukanywe

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nyuma yo kuganira n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane tariki 29 Kanama 2024, havuyemo kwirukana Umusirikare mukuru n’abandi basaga 200.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko Perezida Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yaganiriye na ‘Etat Major (Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo) ibijyanye n’amahoro hamwe n’iby’ingenzi bireba umutekano w’Igihugu.

Nyuma y’iyo nama kandi Ibiro by’Umuvugizi wa RDF byatangaje ko Perezida Kagame yirukanye mu gisirikare Jenerali Majoro(Maj Gen) Martin Nzaramba na Col Dr Etienne Uwimana, hamwe n’abandi ba ofisiye bakuru n’abato 19, ku mpamvu zitatangajwe.

Itangazo kandi rivuga ko Perezida Kagame yemeje gusesa amasezerano y’abandi basirikare 195 b’ayandi mapeti mu gisirikare cy’u Rwanda(RDF).

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi