Nyuma y’iyi nama ni bwo Maj Gen Nzaramba n’abandi birukanywe

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nyuma yo kuganira n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane tariki 29 Kanama 2024, havuyemo kwirukana Umusirikare mukuru n’abandi basaga 200.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko Perezida Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yaganiriye na ‘Etat Major (Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo) ibijyanye n’amahoro hamwe n’iby’ingenzi bireba umutekano w’Igihugu.

Nyuma y’iyo nama kandi Ibiro by’Umuvugizi wa RDF byatangaje ko Perezida Kagame yirukanye mu gisirikare Jenerali Majoro(Maj Gen) Martin Nzaramba na Col Dr Etienne Uwimana, hamwe n’abandi ba ofisiye bakuru n’abato 19, ku mpamvu zitatangajwe.

Itangazo kandi rivuga ko Perezida Kagame yemeje gusesa amasezerano y’abandi basirikare 195 b’ayandi mapeti mu gisirikare cy’u Rwanda(RDF).

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?