Yago yahunze Igihugu

Umuhanzi Nyarwaya Innocent wamenyekanye cyane nka Yago yatangaje ko yahunze “biturutse ku bo yita agatsiko kashatse kumwica mu myaka Ine ishize .”

Uyu muhanzi mu magambo yanditse ku rubuga rwe rwa X , avuga ko “ Aho kuva mu buzima wava mu barozi ‘ .

Uyu muhanzi avuga ko yahungiye muri Uganda bidatewe nuko yanga Igihugu ahubwo kubera bamwe mu bakomeje kumurwanya mu rugendo rwe rwa muzika.

Ku rubuga rwa X yagize ati “[…] Ukuri kugomba gutsinda.Umuntu atotezwa imyaka ine n’abantu bamwe abandi bakabakomera amashyi. Undi yavuga mu cyumweru kimwe bagashya ubwoba,ibikuba bigacika.”

Yakomeje ati “ Mwantoteje imyaka ine isi yose iranyanga mumbeshya kubera ubwoba bwanyu no gushaka kwikubira. Muhagarare.”

Uyu muhanzi avuga ko ahunze igihugu atari uko arwanga ahubwo ahunze agatsiko kamurwanya.

Ati “ Rwanda nkunda nkuhunze ntakwanga ahubwo mpunze agatsiko kabashatse kunyica mumyaka ine ishize, nkataka ariko ntawanyumvise numwe,umutima wanjye urababaye cyane. Ariko numpamagara nzitaba, kuko data yaragukoreye,mama arakubyarira. Uganda nyakira.”

Mu 2015, akirangiza amashuri yisumbuye yinjiye mu Itangazamakuru, akora kuri Goodrich TV, aza kuhava ajya kuri TV10, ari naho yamenyekaniye cyane nk’umwe mu banyamakuru b’abahanga.

Uyu muhanzi yakomeje gukora ibiganiro bya Youtube bigaruka ku bahanzi no ku bikorwa by’imyidagaduro.
Icyakora kuri Youtube haje inkubiri yo guterana amagambo hagati y’abahanzi barimo na Yago. Ibi ari na byo avuga ko byatumye ahunga.

Source: umuseke.rw

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge