Umusirikare wa FARDC yarashe mu Rwanda

Amakuru dukesha abari i Rubavu aravuga ko ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa 29 Kanama 2024, umusirikare wo mu ngabo za Congo (FARDC ), yarashe amasasu menshi mu Rwanda, ahagaze ku mupaka witwa ‘Petite Bariyeri’.

Abaturiye uyu mupaka w’u Rwanda na Congo bavuga ko nta muntu ayo masasu yishe cyangwa ngo akomeretse, ariko akaba yafashe inzu y’umuturage ibirahure by’amadirishya yayo birameneka.

Hari umuturage waganiriye n’ikinyamakuru Umuseke agira ati ” Umusirikare yaje arasa amasasu menshi, yafashe inzu duturanye ibirahure byo ku madirishya byamenetse.”

Uwo muturage avuga ko kuva aho uwo musirikare arasiye mu Rwanda, Abanyarwanda barimo gutinya kwambuka bajya muri Congo, ndetse n’Abanyekongo bari bari mu Rwanda bahise bihutira gusubira iwabo.

Inzego z’umutekano ku ruhande rw’u Rwanda zatangiye gukurikirana iby’icyo gikorwa kugeza ubu kitarasobanurwa icyo cyari kigambiriye.

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”