Kwimura CHUK bigomba gukorwa hirindwa umubyigano ukabije w’imodoka-Depite

Guverinoma y’u Rwanda irateganya kwimurira i Masaka ibitaro bya Kaminuza CHUK bikava i Nyarugenge guhera mu kwezi gutaha kwa Werurwe, kugera muri Nzeri uyu mwaka, ariko umuhanda uzanyuzwamo abarwayi hari abo uteye impungenge kuko ukunze kugaragaramo umubyigano w’ibinyabiziga.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yabwiye Inteko  ishinga Amategeko ku uyu wa Kane ko ibitaro bishya bya CHUK byubatswe i Masaka bigeze ku rugero rwa 98% byuzura.

Minisitiri Murangwa avuga ko igikomeye cyane gisigaye ari ugushyiramo ibikoresho ndetse no gushaka abakozi benshi, bitewe n’ubunini bwabyo bwikubye inshuro ebyiri kurusha CHUK isanzwe ikorera i Nyarugenge kuva mu mwaka wa 1918 (ubwo yatangiraga ari Ikigo nderabuzima).

Minisitiri Murangwa yagize ati “Biriya bitaro (bya CHUK biri i Masaka) ni binini cyane, bifite ibitanda hafi 800 mu gihe bigenzi byabyo bisanzwe bifite ibitanda hafi 400, birasaba ibikoresho byinshi kandi bigezweho, bigasaba n’abakozi benshi barenze abo twari dufite muri CHUK(isanzwe).”

Minisitiri Murangwa akomeza agira ati “Nk’uko twabigiriwemo inama, ibitaro ntabwo bishobora kwimukira icyarimwe, hari serivisi zizabanza kwimuka izindi zigume hano kuri CHUK kugira ngo hatabaho guhagarara kwa serivisi, guhera mu kwezi gutaha kwa gatatu tuzatangira kwimuka mu byiciro kugera mu kwezi kwa cyenda k’uyu mwaka, gusa serivisi zo kuvura indembe n’abahuye n’impanuka ni zo zizabanza gutinda hano (muri CHUK isanzwe).”

CHUK nshya

Minisitiri Murangwa akimara gutangaza ibi, bamwe mu bagize Inteko ishinga Amategeko basabye ko iki gikorwa cyazategurwa neza kugira ngo imodoka zizimura abarwayi n’ibikoresho zitazahagama mu mubyigano w’ibinyabiziga ukunze kugaragara mu muhanda Remera Giporoso kugera i Kabuga.

Depite Munyangeyo agaragaza impungenge z’uko kwimura abarwayi n’ibikoresho byo muri CHUK bizajyana n’uko uwo muhanda uzaba urimo gukorwa, kandi usanzwe utari nyabagendwa cyane cyane mu gitondo na nimugoroba.

Depite Munyangeyo yagize ati “Uyu muhanda uva i Remera kuri Prince House ugenda ukagera i Masaka, abenshi batangiye gushaka aho baba bimukiye kubera iriya mirimo, hagati aho abantu bamaraga muri uriya muhanda amasaha abiri, bivuze ko (iyo mirimo nitangira) umurwayi cyangwa inkomere bazaba bari muri iyo nzira bazajya bazamara amasaha ane, na byo muzabirebe niba uriya mushinga mutawihutisha igihe wagombaga kumara.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yasubije Depite Munyangeyo ko iki kibazo kizigwaho n’inzego zitandukanye, ariko ko hari n’imihanda ishobora kuzunganira uzaba urimo gukorwa, harimo uwa Kanombe n’uca ku Mulindi uzamuka ujya i Rusororo.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye