Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 5,746

Kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Mata 2026, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yazamuye mu ntera Abapolisi 5,746
bakuru(mu mapeti) n’abato, barimo uwari Assistant Commissioner of Police (ACP), Bertin Mutezintare wahawe ipeti rya Commissioner of Police (CP).

CP Mutezintare wagiye avugwa kenshi mu Itangazamakuru, asanzwe kuri ubu ari umuyobozi w’umutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda wo gutabara aho rukomeye (Special Intervention Force -SIF).

Abapolisi bakuru 5 bari bafite ipeti rya ACP bazamuwe mu ntera bakambikwa ipeti rya CP, Jean Népomuscène Mbonyumuvunyi, Bértin Mutezintare, Emmanuel Karasi, Barthélémy Rugwizangoga na Fidèle Mugengana, mu gihe 10 bari bafite ipeti rya CSP bazamuwe mu ntera bagahabwa irya ACP.

Mu ba Ofisiye bakuru n’abato, 5 bari bafite SSP bambitswe ipeti rya CSP, 94 bari bafite SP bazamuwe kuri SSP, 161 bari bafite CIP bahawe SP, 574 bari bafite IP bambitswe ipeti rya CIP, 17 bari bambaye AIP bambitswe ipeti rya IP.

Muri ba Suzofisiye n’Abapolisi bato bazamuwe mu ntera harimo 282 bavuye kuri S/SGT bakambikwa C/SGT, 763 bavuye kuri SGT bambikwa S/SGT, 1,886 bavuye kuri CPL bambikwa SGT, 1949 bavuye kuri PC bambikwa ipeti rya CPL.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge