Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Umurambo wa Minisitiri w’u Burundi ushinzwe Itumanaho, Gabby Bugaga, wabonetse ahitwa i Kivoga mu Ntara ya Bujumbura kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mata 2026, mu modoka ye yari iparitse mu murima w’ibiti by’amavuta y’amamesa (byitwa ibigazi).

Impamvu y’urupfu rwa Minisitiri Bugaga ntabwo iramenyekana. Umurambo we wasanzwe mu modoka ye yo mu bwoko bwa 4×4, yicaye mu mwanya w’umushoferi.

Kugeza ubu, nta rwego rwa Leta rurasobanura iby’urwo rupfu rw’amayobera. Umunyamakuru wageze aho byabereye yatangarije uwitwa Sam Kabera wanditse kuri X ye ko urufunguzo rw’imodoka ya Minisitiri rwasanzwe mu gasakoshi (sacoche) aho kuba mu modoka.

Bugaga yavukiye muri Komine Kabezi mu Ntara ya Bujumbura Rural, akaba yarabaye umunyamakuru wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu cy’u Burundi (RTNB), nyuma aza kugenda azamuka mu nzego zitandukanye za Leta.

Yabanje gukora mu ishami rishinzwe itumanaho muri Sena y’u Burundi, aho yanabaye umuvugizi wa Perezida w’iyo Nteko, nyuma aza kuba umuyobozi w’itumanaho muri Sena.

Nyuma yaho Bugaga yaje kujya gukora muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yigenga (CENI), aho yashinzwe ibikoresho n’imicungire yabyo, mbere yo kugirwa Minisitiri w’Itumanaho.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye