I Rugende rwa Nyakaliro abanywaga urwagwa baruvuyeho baba abacuzi(video)

Urugomo rwaterwaga no kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge i Rugende rwa Nyakaliro mu karere ka Rwamagana ubu rwabaye amateka, nyuma y’uko utubari dukuweho, urubyiruko rwabyukiraga mu businzi ruhagurukira gukora imyuga irimo ubucuzi bw’imbabura zirondereza ibicanwa.

Uwitwa Karemera Damascène w’imyaka 45 y’amavuko, yavukiye i Nyakaliro arahakurira, ubu ni bwo atangiye kujya akora yizigamira kugira ngo ateze imbere urugo rwe, nyuma y’uko i Rugende hatakiboneka urwagwa n’izindi nzoga zitemewe.

Agira ati “Nta nzoga zikiba hano hasigaye izihenze cyane, ubu se wakwigondera primus ya 1600Frw! Ariko ni byiza kuba nta rugomo tukibona hano i Rugende nko mu myaka yashize, urwagwa, kanyanga na twa tuyoga dupfundikiye byicaga abantu bigatuma batajya mu kazi.”

Karemera avuga ko kugeza ubu afite amatsinda abiri azigamamo amafaranga azamufasha gutunga urugo rwe, ubu akaba afite umwana wiga mu mashuri yisumbuye ugenda ku igare yamuguriye kandi akagira n’amatungo magufi mu rugo iwe, ndetse akaba akomeje umwuga w’ubukanishi.

Hafi y’aho Karemera akorera hari agakiriro kashinzwe n’umuturage w’i Rugende wiyemeje guteza imbere urubyiruko rwaho, akaba agura ibyuma akabibaha bakabicuramo imbabura zirondereza ibicanwa, akazigurisha ku baturage hirya no hino mu masoko y’i Kigali n’i Rwamagana.

Ntawangwanabose Augustin ukuriye urwo rubyiruko avuga ko imbabura imwe ikorwa ku mafaranga igihumbi kandi buri muntu akaba ataha akoze imbabura 7 ku munsi, amafaranga yemeza ko atari make ku musore wari utunzwe no kunywera ibikomoka ku bujura.

Ntawangwanabose agira ati “Aka gakiriro kahaye akazi abantu bagera kuri 80”, akaba afite ucyifuzo cy’uko umuturage wese ubishoboye yakunganira Leta mu guhangira urubyiruko imirimo nk’uko umukoresha we w’i Rugende yabigenje.

Uretse ubucuzi, ubunyonzi, ubukanishi no kubumba amavaze birimo gutezwa imbere n’urubyiruko rw’i Rugende, hanakorewa ubuhinzi bushobora kubera urugero rwiza abifuza guteza imbere uwo mwuga.

Igihembwe cya 4 cy’umwaka ushize wa 2025 kirangiye urugero rw’ubushomeri mu rubyiruko ruri kuri 14.1 % by’urubyiruko rwose mu Rwanda nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR).

Gusa, hari benshi NISR idashyira muri iki cyiciro kuko ngo nta muhate wo gushaka akazi baba bagaragaje.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka