Perezida wa Madagascar yahunze

Perezida w’ikirwa cya Madagascar, kimwe mu bihugu bigize Umugabane wa Afurika, Andry Rajoelina, yahunze kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ukwakira 2025 nyuma y’uko igisirikare kimuvuyeho kikifatanya n’abaturage bamaze iminsi bigaragambya.

Kuva mu kwezi gushize kwa Nzeri ni bwo abaturage biganjemo urubyiruko bagiye mu mihanda batangira kwigaragambya bavuga ko nta mazi n’umuriro babona, ariko bijundika Perezida Rajoelina wari umaze imyaka 2 yongeye gutorerwa kuyobora Madagascar muri 2023.

Kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yari amaze kubona ko asumbirijwe, Ingabo zamushyizeho zimaze kwifatanya n’abaturage kumwamagana, Rajoelina yahunze ariko ibitangazamakuru bivuga iyi nkuru ntibigaragaza aho yerekeje.

Minisitiri w’Intebe wa Madagascar, Ruphin Fortunat Zafisambo, yasabye ibice byose by’abigaragambya gutuza hagatangira ibiganiro byo kumva ibyo abaturage bakeneye bigashakirwa ibisubizo.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge