Hafi y’ikibuga cy’indege cya Bujumbura harimo kugeragerezwa imbunda

Igisirikare cy’u Burundi(FDNB) cyatangarije abaturiye Umujyi wa Bujumbura hafi y’inkambi ya Gatumba yitwa 111 ko harimo kugeragerezwa imbunda, kubera iyo mpamvu ngo abantu ntibagomba gukeka ko hari umutekano muke muri ako gace kegereye Umujyi wa Uvira muri DRC n’ikibuga cy’indege cya Bujumbura(i Gakumbu).

Umukuru w’Inkambi ya gisirikare ya 111(yo mu Gatumba), Lt Col Hatungimana Ernest, yatangarije abaturage ko hari imbunda zirimo kuziburwa (n’ubwo hari abavuga ko ari inshyashya zirimo kugeragezwa), abantu bagakeka ko ikibuga cy’indege cya Bujumbura cyatewe, aho kimaze igihe kitarimo gupfa kugwaho indege.

Lt Col Hatungimana avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2025 na bwo hateganyijwe igikorwa cyo kuzibura imbunda, abantu bagasabwa kutaza gukuka umutima.

Amakuru akomeje gutangazwa ku mbuga nkoranyambaga ni uko ikibuga cy’indege cya Bujumbura giherutse kugwaho indege za rutura zaje zizanye intwaro karahabutaka, mu rwego rwo kwitegura ibitero byakwambuka bivuye hakurya muri Uvira, Umujyi wa kabiri w’intara ya Kivu y’Epfo bivugwa ko urimo gusatirwa na AFC/M23.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi