Dore impamvu utazahabwa kwiga muri iki kigo niba ari ho wajuririye

Twifuje kukugaragariza impungenge z’uko umwana wawe ashobora kutazahabwa umwanya mu bigo bikurikira, niba ari ho wajuririye nyuma yo kubona ko aho uwo mwana yoherejwe na NESA mutahishimiye kubera impamvu zitandukanye.

Ibuka ko urubuga urimo kwandikamo ujurira rukubwira ko ushobora kudahabwa umwanya muri iryo shuri wasabye, kandi ko uzaba utakaje n’aho bari baguhaye, kubera iyo mpamvu ukaba ugomba kwemera ko NESA izohereza umwana wawe ahandi ibonye umwanya mu gihe aho wasabye hamaze kuzura.

Mu bigo bikunze gusabwa n’abanyeshuri benshi bifuza kujya gutangira amashuri yisumbuye, ku mwanya wa mbere, nk’uko bigaragazwa n’imbonerahamwe, hari GS Saint Aloys i Rwamagana yari yasabwe n’abana 23,770, nyamara ho hari imyanya 162 gusa.

Ibi bivuze ko nta mahirwe na make abana bajya kwiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza bajuriye bafite yo kujyayo, kuko n’abahasabye benshi batigeze bajyayo.

Ibindi bigo byasabwe na benshi nyamara imyanya bifite ari mike cyane, nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe, birimo Ecoles des Sciences de Musanze, ES Kayonza Modern, College Saint André i Nyamirambo, GS Saint Joseph, Lycée de Kigali, G.S.O Butare na Ecole des Sciences Byimana.

Hari na Ecole des Sciences de Gisenyi, FAWE Girls School, ESSA Ruhengeri, College du Christ Roi, ES Bumbogo, Kagarama S.S, G.S Shyogwe, ES Muhazi, College de Gisenyi Inyemeramihigo, GS Remera Rukoma, GS Gahini, Lycée Saint Jerome Janja, GS Rambura(G), ES Ruhango, Nyagatare S.S, G.S Kabare na Kiziguro S.S.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi