Gasabo: 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko bafashwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yerekanye abagabo n’abasore 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko,
nyuma y’uko abahacururiza n’abaturage baza guhahira muri iryo isoko bagaragarije ikibazo cyo kwibasirwa n’abajura.

Polisi ivuga ko yakoze ibikorwa byo gufata abo bakekwaho ubujura mu gihe cy’iminsi ibiri kuva tariki 19-20/08/2025, ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano hamwe n’abaturage.

Polisi ivuga ko hari abajura bibaga abacuruzi mu isoko rya Kimironko no mu nkengero zaho, abandi bagatega abakiriya baza guhaha bakabasaba imizigo bababwira ko babatwaje, ariko bagahita biruka bakayitwarira.

Abafashwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kugirango bakurikiranwe, kandi ibikorwa byo gufata abasigaye ngo birakomeje.

Polisi y’Igihugu irashimira abaturage bagaragaje iki kibazo ndetse n’abagize uruhare mu ifatwa ry’aba bakekwaho ubujura, ikaba kandi yibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe cyose hari aho babonye abakora ibikorwa by’ubujura n’abahungabanya umutekano n’ituza ry’abantu.

Polisi yihanangirije abafite ingeso y’ubujura bose cyane cyane abategera ahantu hahurira abantu benshi haba mu isoko cyangwa muri za gare, bagamije kwiba abahakorera n’abahagenda, ikavuga ko bitazabahira kuko “inzego z’umutekano ziri maso kandi ziteguye kubafata bagahanwa.”

Abaturage na bo baragirwa inama yo kwirinda guha imizigo abo batazi ngo babatwaze, kuko ‘hari ibisambo byiba byigize abakarani’.

Polisi irahumuriza abajya mu masoko, muri gare n’ahandi hose mu Gihugu, ko umutekano wabo n’ibintu byabo urinzwe.

Related Posts

Itangazwa ry’amanota y’abanyeshuri, dore aho warebera

Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu kigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA), iratangaza amanota y’abarangije amashuri abanza(P6) hamwe n’abarangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye(S3) kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Kanama 2025, saa cyenda…

Read more

Imvura yo mu mpeshyi imaze kwica 5, izageza ku wa kabiri-Meteo

Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura irimo kugwa mu bice bitandukanye by’Igihugu izageza kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2025, ikazongera kuboneka kuva tariki 26 z’uku kwezi,…

Read more

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Ntibigucike

Gasabo: 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko bafashwe

Gasabo: 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko bafashwe

Itangazwa ry’amanota y’abanyeshuri, dore aho warebera

Itangazwa ry’amanota y’abanyeshuri, dore aho warebera

Imvura yo mu mpeshyi imaze kwica 5, izageza ku wa kabiri-Meteo

Imvura yo mu mpeshyi imaze kwica 5, izageza ku wa kabiri-Meteo

Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025