Gasabo: 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko bafashwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yerekanye abagabo n’abasore 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko,
nyuma y’uko abahacururiza n’abaturage baza guhahira muri iryo isoko bagaragarije ikibazo cyo kwibasirwa n’abajura.

Polisi ivuga ko yakoze ibikorwa byo gufata abo bakekwaho ubujura mu gihe cy’iminsi ibiri kuva tariki 19-20/08/2025, ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano hamwe n’abaturage.

Polisi ivuga ko hari abajura bibaga abacuruzi mu isoko rya Kimironko no mu nkengero zaho, abandi bagatega abakiriya baza guhaha bakabasaba imizigo bababwira ko babatwaje, ariko bagahita biruka bakayitwarira.

Abafashwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kugirango bakurikiranwe, kandi ibikorwa byo gufata abasigaye ngo birakomeje.

Polisi y’Igihugu irashimira abaturage bagaragaje iki kibazo ndetse n’abagize uruhare mu ifatwa ry’aba bakekwaho ubujura, ikaba kandi yibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe cyose hari aho babonye abakora ibikorwa by’ubujura n’abahungabanya umutekano n’ituza ry’abantu.

Polisi yihanangirije abafite ingeso y’ubujura bose cyane cyane abategera ahantu hahurira abantu benshi haba mu isoko cyangwa muri za gare, bagamije kwiba abahakorera n’abahagenda, ikavuga ko bitazabahira kuko “inzego z’umutekano ziri maso kandi ziteguye kubafata bagahanwa.”

Abaturage na bo baragirwa inama yo kwirinda guha imizigo abo batazi ngo babatwaze, kuko ‘hari ibisambo byiba byigize abakarani’.

Polisi irahumuriza abajya mu masoko, muri gare n’ahandi hose mu Gihugu, ko umutekano wabo n’ibintu byabo urinzwe.

Related Posts

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

Read more

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

Read more

Ntibigucike

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Aimable Karasira yapfuye

Aimable Karasira yapfuye

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye