Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine, n’ubwo Trump we yahesheje Putin icyubahiro no kongera kwamamara.

Perezida w’u Burusiya ushinjwa gufata ubutaka bwa Ukraine no kwica abaturage b’icyo gihugu, yahawe icyubahiro kirenze urugero imbere y’amahanga mu Gihugu cy’igihangange nka Amerika.

The Wall Street Journal yanditse igira iti “Perezida Trump (wa Amerika) yakiriye mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin i Anchorage muri Alaska havuzwa ibirumbeti(fanfare), anyuzwa ku itapi y’umutuku, indege z’igisirikare ziguruka mu kirere, ndetse agendeshwa no mu modoka y’icyubahiro ya limousine.”

Iki kinyamakuru kigakomeza kivuga ko n’ubwo ibyo byose byabaye, ibiganiro byarangiye nta gahunda yemeranyijweho yo guhagarika intambara ikomeje koreka imbaga muri Ukraine.

Gusa nanone, n’ubwo Trump yavuze ko nta masezerano y’amahoro kuri Ukraine bagezeho we na Putin, yagize ati “Tubirimo.”

Abanyamakaru bari ahabereye ibiganiro bavuga ko bababajwe no kuba nta bibazo byakiriwe nyuma yo guhura kw’aba bakuru b’ibihugu bombi, kuko basohotse bagenda, Abanyamakuru bakabakurikiza urusaku rw’ibibazo.

Umutekano i Anchorage wari wakajijwe ku buryo abaturutse mu Burusiya ngo bihutiye gutaha. Ibiganiro byarangiye Putin na we atumiye mugenzi we Trump kuzamusura mu Burusiya.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge