Polisi yafashe abakekwaho kwiba abaturage muri Gasabo

Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo yafashe abantu 13 bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura, bakaba ngo bibaga abaturage mu Mirenge ya Jali na Ndera.

Polisi ivuga ko abafashwe bategaga abaturage bakabambura babanje kubakomeretsa, abandi ngo bibaga amatungo n’imyaka mu mirima.

Mu Murenge wa Ndera mu Kagari ka Bwiza, Umudugudu wa Bucyemba na Akasemuromba hafatiwe abantu 10 bibaga amatungo n’imyaka mu mirima.

Polisi ivuga ko amakuru yo gufata abakekwaho ubujura yatanzwe n’inzego z’ibanze hamwe n’abaturage, aba bavugwaho ubujura bakaba bari bamaze igihe bashakishwa ariko kubera kwihisha, batinda gufatwa

Polisi ivuga ko abafatiwe mu Murenge wa Ndera byabaye nyuma y’uko mu cyumweru gishize na bwo hafatiwe abandi barindwi.

Mu Murenge wa Jali mu Kagari ka Buhiza, Umudugudu wa Akabande, ho hafatiwe abavugwaho ubujura babiri nyuma y’uko baraye bateze umugore w’imyaka 53 bamwambura telefone, bakaba bafashwe bafite inkoni n’ibyuma.

Aba bafashwe nyuma y’aho ku munsi wari wabanje nabwo muri uyu Murenge hari hafatiwe undi musore na we wari wateze abaturage babiri arabambura ndetse aranabakomeretsa.

Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya Ndera na Jali, kugira ngo bakurikiranwe ku byaha bakekwaho gukora.

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)