Prezida wa Amerika Donald Trump yarahiriye ko azigarurira intara ya Gaza

Ministiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu na Prezida wa Amerika Donald Trump, imbere y’abanyamakuru

Amakuru dukesha ijwi ry’Amerika avuga y’uko Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yarahiriye ko azigarurira intara ya Gaza nyuma y’uko abanyapalestina bazatuzwa ahandi hantu. Trump yasobanuye ko Amerika izatunganya kandi ikubaka neza muri ako karere.

Perezida Trump yatangaje izo ngamba nshya z’Amerika mu burasirazuba bwo hagati, ariko adatanze ibisobanuro birenzeho, mu kiganiro cyari kigenewe abanyamakuru ari kumwe na minisitiri w’intebe wa Isirayeri Benjamin Netanyahu.

Gaza izubakwa, abahatuye batuzwe ahandi

Mbere y’uko Trump atangaza izi ngamba, yari yatunguye benshi yumvikanisha ko abanyapalesitina bo muri Gaza bagomba gutuzwa mu bindi bihugu bituranyi ku buryo buhoraho.

Perezida Trump yumvikanishije ko Amerika izafata Gaza, kandi ko izahashyira ibikorwa by’iterambere. Yabwiye abanyamakuru ati, tuzahagira ahacu, kandi tuzakora ibihakenewe byose byo gusenya no guturitsa za bombe zihateze n’izindi ntwaro.

 

By B. Julien

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi