Prezida wa Amerika Donald Trump yarahiriye ko azigarurira intara ya Gaza

Ministiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu na Prezida wa Amerika Donald Trump, imbere y’abanyamakuru

Amakuru dukesha ijwi ry’Amerika avuga y’uko Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yarahiriye ko azigarurira intara ya Gaza nyuma y’uko abanyapalestina bazatuzwa ahandi hantu. Trump yasobanuye ko Amerika izatunganya kandi ikubaka neza muri ako karere.

Perezida Trump yatangaje izo ngamba nshya z’Amerika mu burasirazuba bwo hagati, ariko adatanze ibisobanuro birenzeho, mu kiganiro cyari kigenewe abanyamakuru ari kumwe na minisitiri w’intebe wa Isirayeri Benjamin Netanyahu.

Gaza izubakwa, abahatuye batuzwe ahandi

Mbere y’uko Trump atangaza izi ngamba, yari yatunguye benshi yumvikanisha ko abanyapalesitina bo muri Gaza bagomba gutuzwa mu bindi bihugu bituranyi ku buryo buhoraho.

Perezida Trump yumvikanishije ko Amerika izafata Gaza, kandi ko izahashyira ibikorwa by’iterambere. Yabwiye abanyamakuru ati, tuzahagira ahacu, kandi tuzakora ibihakenewe byose byo gusenya no guturitsa za bombe zihateze n’izindi ntwaro.

 

By B. Julien

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka