Prezida wa Amerika Donald Trump yarahiriye ko azigarurira intara ya Gaza

Ministiri w’intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu na Prezida wa Amerika Donald Trump, imbere y’abanyamakuru

Amakuru dukesha ijwi ry’Amerika avuga y’uko Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yarahiriye ko azigarurira intara ya Gaza nyuma y’uko abanyapalestina bazatuzwa ahandi hantu. Trump yasobanuye ko Amerika izatunganya kandi ikubaka neza muri ako karere.

Perezida Trump yatangaje izo ngamba nshya z’Amerika mu burasirazuba bwo hagati, ariko adatanze ibisobanuro birenzeho, mu kiganiro cyari kigenewe abanyamakuru ari kumwe na minisitiri w’intebe wa Isirayeri Benjamin Netanyahu.

Gaza izubakwa, abahatuye batuzwe ahandi

Mbere y’uko Trump atangaza izi ngamba, yari yatunguye benshi yumvikanisha ko abanyapalesitina bo muri Gaza bagomba gutuzwa mu bindi bihugu bituranyi ku buryo buhoraho.

Perezida Trump yumvikanishije ko Amerika izafata Gaza, kandi ko izahashyira ibikorwa by’iterambere. Yabwiye abanyamakuru ati, tuzahagira ahacu, kandi tuzakora ibihakenewe byose byo gusenya no guturitsa za bombe zihateze n’izindi ntwaro.

 

By B. Julien

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”