Muri Kenya, urukiko rwahagaritse ishyirwaho rya visi prezida mushya

Prezida Ruto yifuza ko Profeseri Kithure Kindiki amubera Vise Prezida mushya 

Urukiko rw’ikirenga rushinzwe kurinda itegeko nshinga rya Kenya rwategetse ko igenwa rya Profeseri Kithure Kindiki ku mwanya wa visi prezida riba rihagaze kugeza ku itariki ya 24 z’uku kwezi.

Urukiko rw’ikirenga rwa Kenya rufashe iyo ngingo inyuma y’amasaha make inteko ishingamategeko y’icyo gihugu yemeje ko Kindiki yaba visi prezida wa Republika ya Kenya.

Urwo rukiko ruvuga ko hari komisiyo y’abacamanaza barimo kugenzura ibyaha Rigathi Gachagua, waraye wegujwe na Sena mu mwanya wa visi prezida ashinjwa

Abasenateri ba Kenya ejo ku wa kane nijoro, bavuze ko basanze mu byaha 11 Rigathi Gachagua ashinjwa, bitanu ari byo bimuhama. Muri ibyo bitanu, harimwo gutesha agaciro ku rwego rwo hejuru itegeko nshinga, ruswa, gusuzugura inzego za reta, kubiba amacakubiri no kubangamira prezida wa Kenya.

Rigathi Gachagua yigeze kuba somambike wa Prezida William Ruto, arahakana ibyo ashinjwa byose. Mu gitondo cy’uno wa gatanu, yari yinginze urukiko rw’ikirenga rwa Kenya arusaba kuburizamwo ingingo imweguza, no kutemera ko Prezida Ruto agena uwamusimbura.

Profeseri Kithure Kindiki, Prezida Ruto yifuza ko amubera visi prezida, yarasanzwe ari umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu. Mu 2022 Ruto akiyamamariza kuba prezida, yabonywe nk’umwe mu bashobora kuzamubera ikegera. Kinkindi na Ruto ni inshuti magara.

Rigathi Gachagua na Ruto nabo bigeze kuba inshuti , imbere y’uko bashwana. Mu 2022, yamufashije kugera ku butegetsi biciye mu kumuhesha amajwi avuye mu benegihugu bo mu karere akomokamwo kitwa Mount Kenya.

Ni akarere karimwo abantu benshi bo mu bwoko bw’aba gikuyu. Gachagua yari amaze igihe atabaza avuga y’uko ko akumirwa n’ubutegetsi arimwo.

Rigathi Gachagua yegujwe na Sena ya Kenya imaze kumuhamya ibyaha bitanu

Ibyaha byose yahamijwe na Sena arabihakana. Yabishinjwe ejo ku wakane atari ho ari. Mu gihe yari yatumiwe n’abasenateri ngo yiregure, umuburanira yavuze ko atashoboye kuhaba kubera uburwayi bwatumye ajya mu bibitaro.

Ni ubwa mbere mu mateka ya Kenya visi prezida w’igihugu avuye mu nshingano ze birinze guca mu nzira yo kweguzwa!

Julien B 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi