Abantu batewe akanyamuneza n’ igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole

RUGIGANA Evariste Umuyobozi mukuru wa RURA 

Mu izina ry’umuyobozi mukuru warwo RUGIGANA Evariste, Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’inzego zimwe z’imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro(RURA) rwasohoye itangazo rimenyesha abaturarwanda bose ko mu gihe cy’amezi abiri ari imbere, uhereye kuri uyu wa kabiri taliki ya 08 Ukwakira 2024 saa moya z’umugoroba(19h00′) ibiciro by’ibikomoka kuri peterole byavuguruwe bigabanuka mu buryo bukurikira:

Igiciro cya lisansi ni 1,574frw kuri litiro kivuye kuri 1,629frw kuri litiro. Naho Igiciro cya mazutu ni 1,576frw kuri ltiro kivuye kuri 1,652frw kuri litiro.

Iri tangazo ryacishijwe ku rukuta rw’ urwo rwego ku rubuga X, ryagaragaje ko ahanini iri gabanuka ryashingiye ku ihandagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole biri ku isoko mpuzamahanga.

Itangazo rya RURA rigaragaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peterole mu Rwanda

Abantu benshi bakimara gusoma iri tangazo batanze ibitekerezo byabo bagaragaza ko bishimiye iri gabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole, ndetse bamwe basaba ko n’ibiciro by’ingendo ku binyaniziga bitwara abantu mu buryo bwa rusange byagabanuka.

Ibiciro by’ibikomoka kuri peterole byari bisanzweho

Ihindika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole rivuze ikintu kinini mu mibereho ya muntu ku isi, kuko rifite uruhare runini mu izamuka cyangwa imanuka ry’ibiciro by’ibindi bicurizwa byose abantu bakenera mu buzima busanzwe bwa buri munsi.

By Julien B 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge