Gen Kazura mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’umwaka asimbuwe ku kuyobora RDF

Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yemeje ko abasirikare bakuru barimo General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba mukuru wa RDF, bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.

Itangazo rya Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda rivuga ko General Jean Bosco Kazura hamwe n’abandi bane, ari bo Brig Gen John Bagabo, Brig Gen John Bosco Rutikanga, Brig Gen Johnson Hodari na Brig Gen Firmin Bayingana bashyizwe ku kiruhuko cy’izabukuru.

General Jean Bosco Kazura yabaye Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo muri 2019, asimbuye Gen Patrick Nyamvumba, icyo gihe akaba yaranavuye ku ipeti rya Major General agirwa General(asimbutse ipeti rya Lt Gen).

Nyuma y’imyaka ine muri Kamena 2023, Perezida Kagame yongeye gukora impinduka mu gisirikare cy’u Rwanda, ubwo General Jean Bosco Kazura yasimbuwe ku mwanya w’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda na Gen Mubarakh Muganga.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame kandi yemereye ikiruhuko cy’izabukuru abandi basirikare 170 b’ipeti rya ofisiye muri RDF hamwe n’abandi ba ‘sous-officiels’ 992.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge