Hari Abanyarwanda bafatiwe i Goma bashinjwa gukorera M23

Kuwa Gatandatu w’iki cyumweru gishize mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) hafatiwe abantu 15 barimo n’Abanyarwanda, bakaba bakurikiranyweho gushaka abo kwinjizwa mu mutwe wa M23.

Umuyobozi w’umujyi wa Goma, Faustin Kapend Kamand, yabwiye Radio Okapi ko abo bantu bafashwe n’iperereza ry’igisirikare cya Congo (FARDC).

Muri uwo Mujyi wa Goma hamaze iminsi ibikorwa by’igisirikare byiswe ’Safisha Mji wa Goma’ bisobanurwa ngo  ‘Sukura Umujyi wa Goma’.

Mu bafashwe harimo umusirikare wo mu ngabo za FARDC wakoreraga muri Brigade ya 11, Abanyarwanda baba i Goma mu buryo ‘butemewe’, abaregwa gurucuruza ibiyobyabwenge n’abandi bava muri Goma cyangwa muri Teritwari ya Nyiragongo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Goma avuga ko abafashwe bose ngo bakorana n’umwanzi, bakaba bari bashinzwe kumushakira abarwanyi bashya, bakabikora rwihishwa.

Kapend avuga ko abenshi muri bo basanzwe baba mu Karere ka Nyiragongo (kamwe mu tugize Kivu ya Ruguru), bakaba ngo baje i Goma kuhashaka abarwanyi bajyana muri M23,  kwiba no gukora ubundi bugizi bwa nabi.

Yagize ati “ Muri bo bamwe baturuka muri Nyiragongo, abandi muri Majengo, Kasika no muri Katoy. Biyemerera ko bagira uruhare mu rugomo rubera muri Goma kandi hari n’uwatwemereye ko yagize uruhare mu kwambura umupolisi imbunda mu minsi ishize ubwo bagenzi be bashyiraga bariyeri mu mihanda yacu”.

Uyu muyobozi avuga ko hari abandi bamaze koherezwa i Kinshasa mu nzego nkuru z’umutekano kubera uburemere bw’ibyo bakurikiranyweho.

Source: Taarifa (Kinyarwanda)

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi