Imyigaragambyo yamagana amatora muri Tanzania yatwikiwemo amakamyo atwaye ibiruzwa by’u Rwanda

Imyigaragambyo yatewe no kwanga amatora muri Tanzania yatangiye kugira ingaruka zikomeye ku Rwanda, aho amakamyo arenga 1,000 arimo kuzana ibicuruzwa yahagaze mu nzira, mu rwego rwo kwirinda guhura n’abashobora kuyatwika cyangwa gusahura ibicuruzwa biyarimo.

Umuyobozi mu Rugaga nyarwanda rw’Abikorera PSF ushinzwe Ubwikorezi, Abdul Ndarubogoye, yatangarije KIGAIINFO ko hari amakamyo arenga atanu y’u Rwanda amaze gutwikwa.

Ndarubogoye yagize ati “Imodoka zose twarazihagaritse kuko igenda barayitwika, hari amakamyo yacu (y’u Rwanda) agera nko ku 1000 atwaye ibicuruzwa bitandukanye mu makontineri, harimo ibigori n’amakara akoreshwa mu nganda zikora sima, amakamyo bamaze gutwika ni nka 5 cyangwa 6 gutyo, kuko birabera ahantu hatandukanye.”

Ndarubogoye avuga ko hari amakamyo y’u Rwanda yabonye ku mbuga nkoranyambaga batwikira i Dar es Salam, ku mupaka wa Sirari ndetse n’ahitwa Kahama ahari sitasiyo ayo makamyo yari aparitseho.

Avuga ko uko gutwika amakamyo atwaye ibicuruzwa atari igikorwa cyibasira Abanyarwanda gusa, ahubwo ko ari imodoka zose zigerageje kujya mu muhanda, kandi ko atazi igihe ibi bibazo bizarangirira kugira ngo izo modoka zongere zisubukure ingendo.

Ati “Bitewe n’uko ikamyo zose bazihagaritse, iyo wowe ugerageje kugenda, ikamyo bahita bayitwika.”

U Rwanda runyuza ku cyambu cya Dar es Salam muri Tanzania ibicuruzwa bitandukanye biva mu mahanga ndetse n’ibyoherezwayo, kandi akaba ari cyo cyambu cya hafi kirugeza ku Nyanja y’u Buhinde.

Related Posts

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

Read more

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

Read more

Ntibigucike

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”