Urusengero rumaze imyaka 113 rwateruwe rwimurirwa ahandi

Ikigo gikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Suède cyitwa LKAB cyateruye urusengero ry’Abaluteri rw’ahitwa Kiruna rufite toni 672 z’uburemere, rwimurirwa mu ntera ya kilometero 5 ahitwa ‘Altar-Nate’, nyuma y’uko aho rwari ruteretse habonetse ubutare(iron).

Uru rusengero rwimuwe n’imodoka y’amapine 224, rukaba rwakoze urugendo rw’iminsi ibiri kuva tariki 19 Kanama 2025, aho rwagendaga ku muvuduko wa metero 500 ku isaha (cyangwa santimetero hafi 14 mu isegonda).

Ibitangazamakuru birimo BBC na Euronews bivuga ko imbaga y’abaje gushungera bavuga ko babonye urugendo rw’amateka rw’iyo nyubako ya rutura yimuwe babanje kwagura umuhanda kuva kuri metero 9 z’ubugari kugera kuri 24, n’ubwo urusengero ubwarwo rufite metero 40 z’ubugari.

Mbere y’uko uru rusengero rwimurwa, Musenyeri wa Diyoseze ya Kiruna witwa Asa Nystrom yabanje guha umugisha icyo gukorwa cyatwaye amafaranga y’Amayero arenga miliyoni 898 yahawe Itorero ry’Abaluteri b’i Kiruna, n’ubwo ngo bitabashimije abantu bose cyane cyane abakomeye ku muco n’umurage.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi