NCDA na Rwanda Revenue bifashishije CarFreeDay mu bukangurambaga

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA) hamwe
n’igishinzwe Imisoro n’Amahoro(Rwanda Revenue Authority/RRA) byifashishije Siporo rusange izwi nka CarFreeDay mu bukangurambaga ku mikurire y’abana hamwe no kwiyandikisha mu bazahabwa ishimwe ry’umusoro ku nyungu(TVA).

NCDA (na Ministeri y’Ubuzima muri rusange) ivuga ko konsa neza umwana mu minsi 1000 ya mbere y’ubuzima bwe (kuva agisamwa mu nda ya nyina kugeza agejeje imyaka ibiri y’amavuko) bimuhesha imikurire myiza ku mubiri no mu mitekerereze (mu bwonko).

Abahanga mu mirire bavuga ko amashereka y’umubyeyi arimo intungamubiri zose umwana akeneye (proteyine, vitamini n’imyunyu ngugu), hakabamo n’abasirikare b’umubiri (antibodies) barinda indwara zirimo isereri, inzoka zo mu nda, umusonga n’ibicurane, imyanda(infections) y’amatwi n’iyo mu gifu.

Konsa neza umwana kandi ngo biteza imbere urukundo n’icyizere hagati ye n’umubyeyi, bikagabanya ibyago byo kwibasirwa n’indwara z’umutima n’umuvuduko ukabije w’amaraso, ndetse bikarwanya diyabete.

Umujyi wa Kigali uberamo Siporo ya CarFreeDay buri byumweru bitatu, uvuga ko abakozi ba Rwanda Revenue Authority hirya no hino mu Turere tuwugize bibukije gahunda ya TENGAPROMO, ikangurira abantu kwiyandikisha ku buntu kugira ngo bazahabwe ibihembo bikomoka ku gusaba fagitire ya TVA itangwa n’ikoranabuhanga rya EBM

Uwifuza ibi bihembo akanda *562# agakurikiza amabwiriza, hanyuma buri gihe uko ahashye agasaba facture ya EBM, ku buryo ikoranabuhanga rya Rwanda Revenue Authority rizajya gutanga ibihembo, uwo muntu akaba afite amahirwe yo gutoranywa mu bafashije abacuruzi gutanga fagitire ya EBM.


  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”