Polisi yafashe abakekwaho kwiba abaturage muri Gasabo

Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo yafashe abantu 13 bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura, bakaba ngo bibaga abaturage mu Mirenge ya Jali na Ndera.

Polisi ivuga ko abafashwe bategaga abaturage bakabambura babanje kubakomeretsa, abandi ngo bibaga amatungo n’imyaka mu mirima.

Mu Murenge wa Ndera mu Kagari ka Bwiza, Umudugudu wa Bucyemba na Akasemuromba hafatiwe abantu 10 bibaga amatungo n’imyaka mu mirima.

Polisi ivuga ko amakuru yo gufata abakekwaho ubujura yatanzwe n’inzego z’ibanze hamwe n’abaturage, aba bavugwaho ubujura bakaba bari bamaze igihe bashakishwa ariko kubera kwihisha, batinda gufatwa

Polisi ivuga ko abafatiwe mu Murenge wa Ndera byabaye nyuma y’uko mu cyumweru gishize na bwo hafatiwe abandi barindwi.

Mu Murenge wa Jali mu Kagari ka Buhiza, Umudugudu wa Akabande, ho hafatiwe abavugwaho ubujura babiri nyuma y’uko baraye bateze umugore w’imyaka 53 bamwambura telefone, bakaba bafashwe bafite inkoni n’ibyuma.

Aba bafashwe nyuma y’aho ku munsi wari wabanje nabwo muri uyu Murenge hari hafatiwe undi musore na we wari wateze abaturage babiri arabambura ndetse aranabakomeretsa.

Abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya Ndera na Jali, kugira ngo bakurikiranwe ku byaha bakekwaho gukora.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi