Intambara ibaye mbi, Trump asabye abatuye Tehran bose kuyivamo

Ntabwo byari byitezwe ko Ingabo y’icyuma ya Israel yitwa Iron Dome inanirwa gusama no kurasa ibisasu byose bigwa muri icyo gihugu, none nyuma y’uko muri Israel henshi hahindutse umuyonga kubera ibisasu bya Iran, Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA), inshuti ya Israel, ateguje abatuye Tehran(umurwa Mukuru wa Iran) guhunga byihuse.

Perezida wa Iran

Kuva ku wa Kane tariki 12 Kamena 2025 ni bwo Israel yagabye ibitero kuri Iran, nyuma yaho ku wa Gatanu Iran na yo yatangiye kwihimura, none byatangiye gufata indi ntera ishobora guteza intambara y’isi ndetse hagakoreshwa n’ibisasu bya kirimbuzi.

Mu nama y’ibihugu 7 bikize ku isi(G7) yateraniye muri Canada kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kamena 2025, Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabwe gukora ibishoboka byose Israel na Iran bikajya mu biganiro, ariko uyu mwanzuro ngo ushobora kuba atari wo wafashwe, ahubwo hanzuwe ko Iran yaterwamo igisasu kidasanzwe.

Ku rukuta rwe rwa X, Trump yavuze ko Iran yagombye kuba yarashyize umukono ku masezerano ahagarika gukora intwaro za kirimbuzi, ariko ngo yarabyanze ihitamo intambara yo guhitana ubuzima bw’abantu, gusa ngo ntabwo izigera yemererwa gukomeza uwo mugambi.

Trump ati “Iran yagombye kuba yarasinye kuri ayo masezerano (deal), narabibabwiye, mbega igisebo no gutakaza ubuzima bw’abantu. Mbisubiremo, NTABWO IRAN YATUNGA INTWARO YA NUCLEAR(KIRIMBUZI), ndabisubiramo kandi bwa nyuma. Buri muntu akwiye guhunga Tehran byihuse.”

Minisitiri w’Intebe wa Israel

Mu bimaze kwangirika hari inganda zitungaya peterori ku mpande zombi, Ikibuga cy’Indege na Televiziyo y’Igihugu bya Iran, ariko no ku ruhande rwa Israel Minisiteri y’Ingabo, Ibiro Bikuru by’Ubutasi(MOSSAD), n’Urugomero rw’amashanyarazi rwa Heifer byateweho missiles ballistiques za Iran.

Mu gihe hakoreshwa intwaro kirimbuzi kuri Iran, mu bihugu bimaze kwemeza ko bizahita byinjira mu ntambara na byo bogakoresha kirimbuzi harimo na Pakistan, ngo izahita itangiza intambara kuri Israel n’inshuti zayo.

Ni intambara igiye guteza isi akaga gakomeye ko kubura ibicuruzwa birimo ibikomoka kuri peterori, kuko imihora ya
Hormuz na Bab al-Mandeb Strait yo mu Nyanja Itukura yanyuzwagamo ibicuruzwa bijya hirya no hino ku isi, yamaze gufungwa na Iran hamwe n’inshuti zayo zo muri Yemen(Houtis).

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya