Agakiriro ka Gisozi kongeye gushya

Kuva saa munani z’igicuku cyo kuri kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Gicurasi 2025, igice cy’Agakiriro ka Gisozi gikorerwamo intebe, ameza n’ibitanda cy’ahitwa muri ADARWA cyafashwe n’inkongi y’umuriro, aho Polisi ikomeje kuzimya kugeza muri iki gitondo.

Aha mu gakiriro ka Gisozi hamaze kwibasirwa n’inkongi y’umuriro inshuro zirenga 5 mu myaka itandukanye.

Tariki 3 Kamena 2019 inkongi yafashe igice cy’Agakiriro ka Gisozi, ahacururizwaga imbaho n’ibikoresho byo mu nzu, harimo matela, imbaho zo mu bwoko bwa Ribuyu, amasanduku yo gushyinguramo, amatelefoni, amaradiyo, n’ibindi.

Tariki 29 Kamena 2019 Hashize iminsi 26 gusa, indi nkongi yongeye kwibasira Agakiriro ka Gisozi, yibasira igice cyari haruguru y’umuturirwa witwa UMUKINDO, aho hasigaye agace gato ugereranyije n’ahari hamaze gushya.

Tariki 17 Kanama 2021 Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Agakiriro ka Gisozi, ahakorerwa ibikoresho bitandukanye byo mu nzu, ububiko bw’imbaho, hakaba harahiye na za matora(imifariso).

Tariki 12 Gashyantare 2023 Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Agakiriro ka Gisozi, ahabikwamo imbaho. Iyi nkongi yabaye ahagana saa tanu z’ijoro, abantu bamaze gutaha.

Tariki 23 Gicurasi 2023 Inkongi y’umuriro na none yibasiye igice cy’Agakiriro ka Gisozi ahakorerwa hakanacururizwa ibikoresho bitandukanye byo mu nzu birimo intebe, ameza, ibitanda n’ibindi.

Inkuru ya Kigali Today

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya