Trump yari yabiciye amarenga, Cardinal w’Umunyamerika abaye Papa

Cardinal w’Umunyamerika, Robert Francis atorewe kuba Papa, afata izina rya Leon XIV nyuma y’amatora yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli Sistine.

Ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa Kane tariki 8 Gicurasi 2025, ni bwo imbaga y’abayoboke ba Kiliziya Gatolika bari bateraniye ku rubuga rwitiriwe Mutagatifu Petero i Vatikani, babonye umwotsi wera nk’ikimenyetso cy’uko Papa mushya atowe.

Papa Leon XIV yatowe ku nshuro ya kane n’Abakaridinali 133 nyuma yo kubigerageza inshuro eshatu ariko amajwi ntiyuzure, akaba yatowe ku nshuro ya Kane mu matora yari amaze iminsi ibiri.

Papa Leon XIV ni uwa 267, akaba asimbuye Papa Francis witabye Imana ku itariki 21 Mata 2025.

Perezida Trump mu ishusho ya Papa

Cardinal Robert Francis Prevost wavutse tariki 14 Nzeri 1955, atowe nyuma y’uko Umukuru w’Igihugu cye cya Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, abiciyemo amarenga, aho mu cyumweru gishize yari yagaragaye mu ifoto (yatunganyijwe n’ikoranabuhanga rya AI) yambaye nka Papa.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi