Trump yari yabiciye amarenga, Cardinal w’Umunyamerika abaye Papa

Cardinal w’Umunyamerika, Robert Francis atorewe kuba Papa, afata izina rya Leon XIV nyuma y’amatora yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli Sistine.

Ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa Kane tariki 8 Gicurasi 2025, ni bwo imbaga y’abayoboke ba Kiliziya Gatolika bari bateraniye ku rubuga rwitiriwe Mutagatifu Petero i Vatikani, babonye umwotsi wera nk’ikimenyetso cy’uko Papa mushya atowe.

Papa Leon XIV yatowe ku nshuro ya kane n’Abakaridinali 133 nyuma yo kubigerageza inshuro eshatu ariko amajwi ntiyuzure, akaba yatowe ku nshuro ya Kane mu matora yari amaze iminsi ibiri.

Papa Leon XIV ni uwa 267, akaba asimbuye Papa Francis witabye Imana ku itariki 21 Mata 2025.

Perezida Trump mu ishusho ya Papa

Cardinal Robert Francis Prevost wavutse tariki 14 Nzeri 1955, atowe nyuma y’uko Umukuru w’Igihugu cye cya Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, abiciyemo amarenga, aho mu cyumweru gishize yari yagaragaye mu ifoto (yatunganyijwe n’ikoranabuhanga rya AI) yambaye nka Papa.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”