Dore amadini n’amatorero byahagaritswe burundu mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere, RGB, rwahagaritse burundu mu Rwanda imiryango 14 ishingiye ku kwemera (amadini n’amatorero), mu gihe indi 4 yahagaritswe by’agateganyo kubera kutagira ubuzima gatozi, kandi ibyangombwa yari yahawe bikaba byararengeje igihe.

RGB ivuga ko imiryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe burundu byatewe no kutubahiriza Amategeko, Imiyoborere mibi, amakimbirane y’urudaca mu bayoboke bayo n’amacakubiri mu bayobozi bayo.

Iyi miryango irashinjwa kandi kubangamira umutekano n’ituze by’Abanyarwanda, ubuzima, ubupfura, imico n’imyifatire myiza, ukwishyira ukizana n’uburenganzira bw’ibanze by’abandi.

Imiryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe burundu ni Agape Blessing Community, Calvary Independent Baptist Missions of Rwanda, Charismatic Episcopal Church of Rwanda, Communauté des Egises Chrétiennes en Afrique, Eglise Chrétienne en Afique na Eglise Evangélique de la
Parole Vivante au Rwanda.

Hari na Eglise Evangélique des Frères
en Christ, International Pentecostal Holiness Church, ltorero Ebenezer Rwanda, Itorero Showers of Blessing Church hamwe n’Itorero Umuriro wa Pentecote mu Rwanda.

RGB yanahagaritse burundu Miracle Pool Church Ikarabiro, Siloam Family Holy Church in Rwanda, na Zeraphat Holy Church.

Mu miryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe by’agateganyo kuko nta buzima gatozi yari yahabwa kandi ibyemezo byayo by’agateganyo bikaba byararengije igihe hari Abiringiye Uwiteka mu Rwanda, Inter-Church Youth Foundation, Power of Christ Light’s Church, na Rwanda Immanuel Church.

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi