Umuyobozi wa SONARWA n’Umubaruramari wayo batawe muri yombi

Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) ruvuga ko rwataye muri yombi Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwinshingizi mu Rwanda(SONARWA), Rees Kinyangi hamwe n’ushinzwe ibaruramari, Aisha Uwamahoro, bashinjwa kunyereza amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 117.

Ikinyamakuru Taarifa Rwanda kivuga ko amafaranga abo bayobozi bakurikiranyweho yacungwaga na Hoteli Nobilis, isanzwe iri mu mitungo ya SONARWA, nk’uko Ubugenzacyaha bubisobanura.

RIB ivuga ko dosiye y’abo bayobozi bombi yamaze kugezwa mu bushinjacyaha kugira ngo bukomeze iperereza ryabwo, nyuma y’uko batawe muri yombi tariki 02 Ukwakira 2024.

Taarifa ivuga ko Urwego rushinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, rwinjiye muri iki kibazo kuko ubusanzwe SONARWA ari umunyamigabane warwo ufitemo uruhare rungana na 79.21%.

RSSB nk’ikigo gishinzwe gucunga neza amafaranga Abanyarwanda bazigamira ikiruhuko cy’izabukuru, ishinzwe kureba uko ayo mafaranga akoreshwa aho ari ho hose mu bikorwa yashowemo.

Hari amakuru adafitiwe gihamya avuga ko Hotel Nobilis iri mu bibazo by’ubukungu bitayoroheye, ku buryo ngo idatabawe vuba yafunga imiryango.

Abatanga aya makuru bavuga ko Guverinoma iri gukorana na RSSB ngo harebwe uko iyo hoteli yagurwa n’umushoramari ikongera kuzahuka.

Kinyangi na Uwamahoro bakurikiranyweho gukoresha nabi umutungo wa rubanda, bikaba byaragize ingaruka ku bukungu bwa SONARWA ubwayo na Hoteli Nobilis by’umwihariko.

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi