Amashuri atujuje ibisabwa agiye gufungwa

Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) yatangaje ko igiye gufunga amashuri atemewe muri buri Karere, kubera gukorera mu nyubako zitujuje ibisabwa zahoze zikoreshwa nk’utubari cyangwa ahacururizwa, ubu hahindutse amashuri y’incuke cyangwa abanza.

Ibitangazamakuru birimo Umuseke byanditse ko ayo mashuri yashinzwe atabanje guhabwa ibyangombwa by’Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA), akaba ngo abangamiye umutekano n’ireme ry’uburezi.

Hari ababyeyi bagira ikibazo cyo guhitamo ishuri ryemewe n’iritemewe, bagapfa kwandikisha abana babo aho babonye, bikaba bibagiraho ingaruka z’uko iyo babandikishije ahadakwiye, hakunze kuvuka ubwumvikane buke hagati yabo n’ishuri, bagashaka gusubizwa amafaranga bitagishobotse.

MINEDUC ivuga ko inzego z’ibanze zikomeje kwakira ababyeyi baza gusaba kubakiranura n’ayo mashuri, hamwe no kubafasha kumenya ibigo bikora kinyamwuga byemewe na NESA, kugira ngo abe ari ho bajyana abana babo.

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana avuga ko mu rwego rwo gukemura iki kibazo, hafashwe umwanzuro wo gufunga amashuri yose akora adafite ibyangombwa, ariko hakabanza gusohoka urutonde rw’ibigo byemewe ruzakorwa n’Urwego rushinzwe Uburezi(REB) muri buri Karere.

Minisitiri Nsengimana agira ati: “Ku kibazo cy’ibigo by’amashuri bikora nta byangombwa, hari ibiganiro twagiranye na MINALOC(Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu) kuko byari bitangiye kurenga urugero.”

Ati “(Ibibazo) byagezwaga mu Karere hanyuma NESA ikaza kureba. Twasanze(ibigo) bidakora neza, rero guhera ubu hagiye gukorwa urutonde rw’amashuri yemerewe gukora, turushyikirize uturere, rumanikwe ahagaragara”.

Nyuma yaho ababyeyi bazasabwa kujya bashishoza mbere yo kujyana abana babo ku mashuri, aho bazajya babanza kureba urutonde rw’ibigo byemewe.

Umuseke wanditse ko mu mashuri y’akajagari kandi atujuje ibisabwa ari hirya no hino mu Rwanda, mu Karere ka Musanze hamaze kubarurwa agera kuri 42.

 

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka